Uwari Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda yahawe izindi nshingano ziremereye ku rwego rw’Isi
Martin Ngoga, umwe mu banyamategeko b’inararibonye bagiye baca mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda, ubu ni we uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (LONI). Kuri uyu wa Kane, tariki ya 22 Gicurasi 2025, yashyikirije Umunyamabanga Mukuru wa UN, António Guterres, impapuro zimwemerera guhagararira Repubulika y’u Rwanda muri uyu muryango mpuzamahanga ukomeye.
Ni umuhango wabereye ku cyicaro cya UN i New York, aho Ibiro by’Uhagarariye u Rwanda muri LONI byemeje ko Ngoga yinjiye mu nshingano nka Ambasaderi mushya. Mu butumwa bwe, Ngoga yavuze ko agiye mu nshingano yoherejwe na Perezida Paul Kagame, anashyikiriza Guterres intashyo ziturutse ku Banyarwanda n’ubuyobozi bw’igihugu.
Yagize ati: “Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yangize Ambasaderi ndetse n’Uhagarariye Repubulika y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, nkuzaniye kandi intashyo za Perezida, iza Guverinoma ndetse n’iz’Abanyarwanda.”
Yanijeje gukorana neza n’ubuyobozi bwa LONI ndetse n’abandi bahagarariye ibihugu bitandukanye. Ngoga asimbuye Ernest Rwamucyo wari umaze kurangiza manda ye muri Werurwe 2025.
Umugabo w’inararibonye mu mategeko n’uruhare mu mupira w’amaguru
Ngoga yigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse no mu Nteko ya Afurika. Ni umunyamategeko wabyigiye akanabimenyereza ku rwego rwo hejuru. Azwi kandi mu ruhando rw’imikino, aho aherutse kongera gutorerwa kuyobora Akanama ka FIFA gashinzwe imyitwarire.
Mbere yo kugirwa Ambasaderi muri UN, yari ahagarariye u Rwanda muri Kenya.
Ambasaderi asimbuye, Ernest Rwamucyo, yari yagiye muri UN mu 2023 asimbuye Claver Gatete wagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo ya LONI ishinzwe Ubukungu muri Afurika (UN ECA).
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show