English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari bamaze imyaka myinshi muri Congo

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Kanama 2025, ku mupaka munini wa Rubavu (La Corniche), u Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari bamaze imyaka myinshi baba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Iki gikorwa cyo gucyura Abanyarwanda cyakozwe ku bufatanye bw’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), hashingiwe ku myanzuro y’inama yabereye i Addis Abeba muri Ethiopie tariki ya 24 Nyakanga 2025.

Abasubiye mu gihugu bakiriwe ku buryo buboneye, babanza kunyura mu igenzura risanzwe ku mupaka, bakurikizaho kwakirwa n’inzego zibishinzwe. Biteganyijwe ko bazahita berekeza mu nkambi y’agateganyo ya Kijote mu Karere ka Nyabihu aho bazahabwa serivisi z’ibanze zirimo ubuvuzi, ibiribwa, aho kuba n’ubufasha mu kwiyongera mu buzima busanzwe bw’igihugu cyabo.

Ubuyobozi bw’u Rwanda bwavuze ko iki gikorwa ari intambwe ikomeye mu gushimangira uburenganzira bw’Abanyarwanda bose bwo gutaha mu gihugu cyabo no kubaho mu mahoro, bubizeza inkunga mu rugendo rwo kongera kwiyubaka.

Ku ruhande rwa UNHCR, byashimangiwe ko gucyura impunzi ku bushake ari uburyo bwiza bwo gufasha abanyarwanda kubona umutekano uhamye no kongera kwibona mu muryango mugari w’igihugu cyabo.

Ni icyiciro cya mbere cyo gusubiza mu gihugu Abanyarwanda bari bakiri muri RDC, hakaba hateganyijwe ko abandi nabo bazagenda bataha mu bihe bizaza, hagamijwe gukomeza gukemura ikibazo cy’impunzi mu buryo burambye.



Izindi nkuru wasoma

Ibyo mutamenye ku gitero Israel yagabye ku bayobozi bakuru ba Hamas muri Qatar

Ibiciro by’ibicuruzwa ku masoko y’u Rwanda bikomeje gutumbagira

Umwihariko wa Zimbabwe yasusurukije Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rya Karongi 2025

Perezida wa Mozambique ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-08-26 06:15:36 CAT
Yasuwe: 128


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/U-Rwanda-rwakiriye-Abanyarwanda-532-bari-bamaze-imyaka-myinshi-muri-Congo.php