Abanyeshuri b’u Rwanda bakomeje gutsindirwa mu mibare n’ubugenge , Leta irateganya iki?
Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yavuze ko Leta y’u Rwanda igiye gushyira imbaraga zidasanzwe mu kuzamura ireme ry’amasomo y’imibare n’ubugenge akomeje kugorana ku banyeshuri benshi mu gihugu.
Avuga ko ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko imibare n’ubugenge ari amasomo abanyeshuri benshi batsinda ku rwego rwo hasi ugereranyije n’ayandi, bigatuma bigira ingaruka ku myigire y’andi masomo afatiye kuri ayo, nko mu ikoranabuhanga, mu by’ubumenyi (science) no mu buhanga (engineering).
Mu rwego rwo gukemura iki kibazo, Minisiteri y’Uburezi irateganya kongerera abarimu amahugurwa ahoraho agamije kunoza uburyo bwo kwigisha imibare n’ubugenge, gutegura ibikoresho by’imyigishirize bijyanye n’igihe, harimo uburyo bwo kwifashisha ikoranabuhanga rigezweho mu mashuri yose,gushyiraho gahunda y’amasomo y’inyongera (remedial programs) ku banyeshuri bagaragara nk’abakomeje gutsindwa aya masomo no gukangurira abanyeshuri gukunda imibare n’ubugenge binyuze mu marushanwa no mu mashyirahamwe y’abanyeshuri (mathematics & physics clubs).
Minisitiri Nsengimana yashimangiye ko iyi gahunda igamije gufasha u Rwanda kubaka urwego rw’ubumenyi bujyanye n’icyerekezo cy’igihugu cyo guteza imbere ikoranabuhanga, ubukungu bushingiye ku bumenyi (knowledge-based economy), no kugira abaturage bafite ubushobozi bwo guhanga udushya.
Yagize ati: “Ntidushobora kugera ku iterambere rirambye tudashoye imbaraga mu masomo y’imibare n’ubugenge. Ibi ni byo byubaka imitekerereze yihuse, ubushakashatsi ndetse no guhanga udushya mu nzego zose.”
Iyi gahunda iteganyijwe gutangira gushyirwa mu bikorwa mu mwaka w’amashuri utaha, kandi izakorerwa mu byiciro by’amashuri abanza, ayisumbuye ndetse n’ay’imyuga n’ubumenyingiro
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show