English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera bishwe barashwe n’indege ya Israel 

Kuri iki Cyumweru tariki ya10 Kanama 2025, indege ya gisirikare ya Israel yarashe muri gaza Gaza, ihitana abanyamakuru batanu bakoreraga televiziyo mpuzamahanga Al Jazeera, bari mu ihema ryabo mu gihe bari mu kazi ko gutara amakuru.

Umwe muri bo, Anas Al-Sharif w’imyaka 28, yari amaze iminota mike yanditse ubutumwa kuri X (Twitter) avuga ko ibitero bishya bya Israel biri kwibasira mu gace ka Gaza, agaragaza ko ibisasu byari biri kugwa hafi aho.

Abandi banyamakuru bane bishwe hamwe na we bose bari barimo gutegura ibiganiro byagombaga gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga no kuri televiziyo.

Uburakari n’agahinda mu banyamakuru bagenzi babo no mu miryango irengera uburenganzira bwa muntu byabaye byinshi, bavuga ko icyo ari gikorwa cyo gucecekesha itangazamakuru no kubangamira uburenganzira bwo gutangaza amakuru.

Al Jazeera yamaganye bikomeye ibi bitero, isaba ko hakorwa iperereza mpuzamahanga ryigenga kugira ngo hamenyekane ukuri, ndetse abagize uruhare muri byo babiryozwe.

Amakuru ya CPJ (Committee to Protect Journalists) agaragaza ko abanyamakuru barenga 100 bamaze kwicwa muri Gaza kuva intambara yatangira, benshi muri bo bakaba barishwe bari mu kazi ko gutara amakuru.



Izindi nkuru wasoma

Ibyo mutamenye ku gitero Israel yagabye ku bayobozi bakuru ba Hamas muri Qatar

Israel yemeye kwitabira ibiganiro bishobora gushira iherezo ku ntambara

Abantu 59 bishwe n'inyeshyama zúmutwe wa wa ADF

Urubanza ruregwamo abasirikare ba RDF ndetse n’abanyamakuru rwashizwe mu mehezo

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera bishwe barashwe n’indege ya Israel



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-08-11 02:25:17 CAT
Yasuwe: 96


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abanyamakuru-batanu-ba-Al-Jazeera-bishwe-barashwe-nindege-ya-Israel-.php