English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

RIB yatangaje byinshi  kuri Bishop Gafaranga watawe muri yombi

Habiyaremye Zacharie, uzwi cyane ku izina rya Bishop Gafaranga kubera ibiganiro bye bikunze gutambuka kuri YouTube no mu bikorwa bya sinema n’indirimbo zo kuramya Imana, yatawe muri yombi akekwaho ibyaha bikomeye by’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Itabwa muri yombi ry’uyu mugabo ryabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry.

Yagize ati: “RIB yafunze Bishop Gafaranga ubusanzwe witwa Habiyaremye Zacharie. Akurikiranyweho ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.”

Ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamata mu Karere ka Bugesera, aho ari gukurikiranwa mu gihe iperereza rigikomeje.

Nubwo hataratangazwa ibisobanuro birambuye ku byo akekwaho, RIB ivuga ko iperereza ririmo gukorwa ryimbitse kugira ngo harebwe niba hari n’abandi babifitanye isano cyangwa se ibindi bimenyetso byagaragara.

Bishop Gafaranga azwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho akunze gutanga ibitekerezo bitavugwaho rumwe, rimwe na rimwe bigateza impaka ku mbuga za YouTube, harimo nka Isimbi TV. Mu kiganiro aherutsemo, yavugiye amagambo yatunguye benshi, aho yavuze ko “nta gihano Imana yaha umuntu kiruta kumuha ubuzima kuri iyi Si yuzuyemo imibabaro.”

Uyu mugabo wakunze kugaragara nk’umunyabiganiro wuje urwenya, yatanze urugero rwerekeye umubyeyi wabyaye umwana amukunda cyane, ariko nyuma akamubera indashima akamwandagaza, agasoza avuga ko “nta gahinda karuta ikibabazo nk’icyo.”

Nubwo yakundwaga na benshi kubera uburyo asetsa ndetse n'ubuhanga mu biganiro bye, ibyaha akekwaho bibaye ukuri byaba ihungabana rikomeye ku bamukurikiranaga n’abamubonaga nk’umwe mu bashishikajwe no kuzana impinduka mu muryango nyarwanda binyuze mu itangazamakuru n'umuziki wa Gospel.

RIB irasaba abaturage gukomeza gutanga amakuru yose yatuma ukuri kuri uru rubanza rugerwaho, no gukomeza kwirinda ibikorwa by’ihohoterwa iryo ari ryo ryose.



Izindi nkuru wasoma

Kevin Muhire yatangajwe nk'umukinnyi mushya wa Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo

Umukinnyi ukomeye wari witezwe muri APR FC yasinyiye Esperance De Tunis

Yavuze ko agiye gutaha, mu gitondo basanga yapfuye: Byinshi ku rupfu rw’umubyeyi wa Chriss Eazy

Ibyo Kanye West yavuze kuri P Diddy byatangaje benshi

APR FC na Rayon Sports zajyanye muri Ghana, Police FC nayo yabikomeje! Avugwa hano mu Rwanda



Author: Nsengimana Donatien Chief Editor Published: 2025-05-08 09:51:57 CAT
Yasuwe: 195


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RIB-yatangaje-byinshi--kuri-Bishop-Gafaranga-watawe-muri-yombi.php