English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Gakenke, ubu nturi nyabagendwa

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Kigali-Gakenke, ubu nturi nyabagendwa nyuma y’impanduka yawubereyemo y’imodoka yawuguyemo ikawufunga.

Byatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Kamena 2025 nk’uko tubikesha ubutumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z’uru rwego.

Uyu muhanda wabaye ufunzwe bitewe n’impanuka yabereye mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, ahakunze kunyura imodoka zerecyeza mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda, bugira buti “Turabamenyesha ko kubera impanuka y’ikamyo yabereye ahitwa Buranga, mu kagari ka Rusagara, umurenge wa Gakenke, akarere ka Gakenke, umuhanda Kigali-Gakenke utari nyabagendwa muri aka kanya.”

Polisi y’u Rwanda yaboneyeho kumenyesha abakoresha uyu muhanda ko bakwiye kwihangana mu gihe hari gukorwa imirimo yo gukura iyi kamyo yaguye muri uyu muhanda.



Izindi nkuru wasoma

Ibiciro by’ibicuruzwa ku masoko y’u Rwanda bikomeje gutumbagira

Perezida wa Mozambique ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Isasu rigomba kugenda ryanditseho izina ry’uwo rigenewe-Perezida Kagame

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari bamaze imyaka myinshi muri Congo

Abanyeshuri b’u Rwanda bakomeje gutsindirwa mu mibare n’ubugenge , Leta irateganya iki?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-06-18 14:06:32 CAT
Yasuwe: 231


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Polisi-yu-Rwanda-yatangaje-ko-umuhanda-KigaliGakenKe-ubu-nturi-nyabagendwa.php