English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ese koko Mukura VS ishobora kudaterwa mpaga kubera raporo yihariye y’abatekinisiye?

Umukino wa 1/2 w’Igikombe cy’Amahoro wahuje Mukura Victory Sports na Rayon Sports ku wa Kabiri, wasize urujijo nyuma yo guhagarara ku munota wa 26 kubera ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Nk’uko biteganywa n’ingingo ya 38.3 y’amategeko ya FERWAFA, ikipe yakiriye umukino ishobora guterwa mpaga y’ibitego 3-0 igihe umukino uhagaze kubera umwijima uturutse ku mashanyarazi, hatabayeho ibisobanuro bifatika bitangwa mu gihe giteganywa n’amategeko.

Gusa amakuru aturuka ahizewe avuga ko itsinda ry’abatekinisiye barimo abakozi b’Akarere ka Huye ndetse n’ab’Ikigo gishinzwe ingufu muri Ministeri y’Ibikorwa Remezo, bari kuri Stade Huye ubwo ikibazo cyabaga. Abo batekinisiye basabwe gutanga raporo irambuye, ishobora kuzashingirwaho kugira ngo Mukura VS itabazwa igihombo cy’ihagarikwa ry’umukino.



Izindi nkuru wasoma

Ese koko birakwiye ko uwaguciye inyuma aterwa imijugujugu nk’umwanzi?

FERWAFA mu ihurizo rikomeye nyuma ya raporo yatanzwe na komiseri w’umukino

Huye: Ibishinjwa umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo kubera 300 Frw

Kivu y’Amajyaruguru: Imirwano ikaze hagati ya M23 na Wazalendo ikomeje guteza impagarara

Rayon Sports yacanye umuriro kuri FERWAFA: Ese koko abasifuzi nibo bagena ikiva mu mukino?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-16 09:51:48 CAT
Yasuwe: 130


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ese-koko-Mukura-VS-ishobora-kudaterwa-mpaga-kubera-raporo-yihariye-yabatekinisiye.php