English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ese koko Mukura VS ishobora kudaterwa mpaga kubera raporo yihariye y’abatekinisiye?

Umukino wa 1/2 w’Igikombe cy’Amahoro wahuje Mukura Victory Sports na Rayon Sports ku wa Kabiri, wasize urujijo nyuma yo guhagarara ku munota wa 26 kubera ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Nk’uko biteganywa n’ingingo ya 38.3 y’amategeko ya FERWAFA, ikipe yakiriye umukino ishobora guterwa mpaga y’ibitego 3-0 igihe umukino uhagaze kubera umwijima uturutse ku mashanyarazi, hatabayeho ibisobanuro bifatika bitangwa mu gihe giteganywa n’amategeko.

Gusa amakuru aturuka ahizewe avuga ko itsinda ry’abatekinisiye barimo abakozi b’Akarere ka Huye ndetse n’ab’Ikigo gishinzwe ingufu muri Ministeri y’Ibikorwa Remezo, bari kuri Stade Huye ubwo ikibazo cyabaga. Abo batekinisiye basabwe gutanga raporo irambuye, ishobora kuzashingirwaho kugira ngo Mukura VS itabazwa igihombo cy’ihagarikwa ry’umukino.



Izindi nkuru wasoma

Israel yemeye kwitabira ibiganiro bishobora gushira iherezo ku ntambara

AFC/M23 yamaganiye kure raporo za LONI ziyishinja kwica Abasivile muri Rutshuru

Intwari y’abafana ituvuyemo:Urupfu rwa Mama Mukura rwashegeshe imitima ya benshi

Ese koko umukobwa aba arusha ubwenge umuhungu bangana?

Iran yemeje itegeko rishobora gufunga Umuhora wa Hormouz



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-04-16 09:51:48 CAT
Yasuwe: 258


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ese-koko-Mukura-VS-ishobora-kudaterwa-mpaga-kubera-raporo-yihariye-yabatekinisiye.php