English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

COVID-19 yongeye kugaragara mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyatangaje ko icyorezo cya Covid-19 cyongeye kugaragara mu Rwanda, nyuma y’uko hakozwe isuzuma ry’abarwayi 16,000, hagasangwa 0.7% banduye. Abanduye ni abagenda cyangwa bahura n’abakunze gukora ingendo mu mahanga, ariko nta n'umwe urembye.

Prof. Claude Mambo Muvunyi yavuze ko nta mpamvu yo kugira ubwoba, ariko abaturage basabwa kwitwararika, kwivuza hakiri kare no kwambara agapfukamunwa mu gihe bafite ibimenyetso.

Ibi bije mu gihe ku Isi hatangiye kugaragara ubwoko bushya bwa virusi ya Covid-19 buzwi nka NB.1.8.1, bumaze gutahurwa muri Irlande y’Amajyarugu na Pays de Galles, kandi bukaba buri ku 10% by’ubwandu bwose ku Isi.

RBC na Minisiteri y’Ubuzima bavuga ko u Rwanda rwiteguye, ariko abaturage bakwiye gukomeza ingamba zo kwirinda, cyane ko tugiye mu mpeshyi izwiho kuzamura indwara zifata mu myanya y’ubuhumekero.



Izindi nkuru wasoma

Uko Perezida Ndayishimiye akomeje kugambanira u Rwanda aha indaro abashaka kurusenya

Ibidasanzwe mu rugendo rw’abasirikare ba Afurika y’Epfo banyujijwe mu Rwanda bava i Goma

APR FC na Rayon Sports zajyanye muri Ghana, Police FC nayo yabikomeje! Avugwa hano mu Rwanda

Hatanzwe umucyo ku cyatumye u Rwanda rwivana burundu mu Muryango ‘ECCAS’

COVID-19 yongeye kugaragara mu Rwanda



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-06-09 17:41:25 CAT
Yasuwe: 51


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/COVID19-yongeye-kugaragara-mu-Rwanda.php