English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umunyamakuru ukomeye muri Siporo yibarutse.

Nyuma y’imyaka itanu bibarutse imfura yabo, umunyamakuru w’imikino kuri B&B Kigali FM, Nsengiyumva Siddick, n’umugore we Uwera Denise, bongeye kwibaruka. Uyu mwana w’umukobwa, witwa Ineza Nsengiyumva Malika, yavutse mu mpera z’icyumweru gishize ku Bitaro Bikuru byo kwa Nyirinkwaya.

Ineza yaje asanga umuvandimwe we mukuru, Imena Kirenga Aayan, ufite imyaka itanu. Umuryango wa Nsengiyumva wakiranye ibyishimo uyu mwana mushya, aho inshuti n’abavandimwe bakomeje kubifuriza urugendo rwiza nk’umuryango wagutse.

Nsengiyumva Siddick ni umwe mu banyamakuru bazwi cyane mu gisata cy’imikino mu Rwanda. Yatangiye umwuga w’itangazamakuru kuri Voice of Africa, nyuma akomereza kuri RadioTV10, ubu akaba akorera B&B Kigali FM.

Uyu munyamakuru n’umuryango we bakomeje kwakira ubutumwa bw’ishimwe n’ubwifuriza ineza kuri uyu mwana mushya wibarutse.



Izindi nkuru wasoma

Ibyo mutamenye ku gitero Israel yagabye ku bayobozi bakuru ba Hamas muri Qatar

Umwihariko wa Zimbabwe yasusurukije Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rya Karongi 2025

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari bamaze imyaka myinshi muri Congo

Abahoze muri MINUAR basuye Ingoro y’Urugamba rwo Kubohora Igihugu



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-26 08:48:19 CAT
Yasuwe: 476


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umunyamakuru-ukomeye-muri-Siporo-yibarutse-imfura-ya-kabiri.php