English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umunyamakuru ukomeye muri Siporo yibarutse.

Nyuma y’imyaka itanu bibarutse imfura yabo, umunyamakuru w’imikino kuri B&B Kigali FM, Nsengiyumva Siddick, n’umugore we Uwera Denise, bongeye kwibaruka. Uyu mwana w’umukobwa, witwa Ineza Nsengiyumva Malika, yavutse mu mpera z’icyumweru gishize ku Bitaro Bikuru byo kwa Nyirinkwaya.

Ineza yaje asanga umuvandimwe we mukuru, Imena Kirenga Aayan, ufite imyaka itanu. Umuryango wa Nsengiyumva wakiranye ibyishimo uyu mwana mushya, aho inshuti n’abavandimwe bakomeje kubifuriza urugendo rwiza nk’umuryango wagutse.

Nsengiyumva Siddick ni umwe mu banyamakuru bazwi cyane mu gisata cy’imikino mu Rwanda. Yatangiye umwuga w’itangazamakuru kuri Voice of Africa, nyuma akomereza kuri RadioTV10, ubu akaba akorera B&B Kigali FM.

Uyu munyamakuru n’umuryango we bakomeje kwakira ubutumwa bw’ishimwe n’ubwifuriza ineza kuri uyu mwana mushya wibarutse.



Izindi nkuru wasoma

Kevin Muhire yatangajwe nk'umukinnyi mushya wa Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo

Umukinnyi ukomeye wari witezwe muri APR FC yasinyiye Esperance De Tunis

APR FC na Rayon Sports zajyanye muri Ghana, Police FC nayo yabikomeje! Avugwa hano mu Rwanda

Urunturuntu muri Rayon Sports rukomeje gutuma hari ibidakorwa

Angell Mutoni agiye kwitabira iserukiramuco rya Hip Hop Asili muri Tanzania



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-26 08:48:19 CAT
Yasuwe: 274


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umunyamakuru-ukomeye-muri-Siporo-yibarutse-imfura-ya-kabiri.php