English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umunyabigwi mu muziki Mowzey Radio yari yaravuze aho azashyingurwa mbere yo gupfa.

Umunyabigwi mu muziki wa Uganda nyakwigendera Mowzey Radio, mbere yo kwitaba Imana yari yaravuze aho azashyingurwa nubwo atari ko byaje kugenda.

Bushingtone usanzwe utunganya indirimbo mu buryo bw’amajwi n’amashusho ndetse agategura n’ibitaramo muri Uganda, niwe wahishuye aya makuru.

Mu kiganiro yagiranye na Galaxy TV, yavuze ko Radio yifuzaga ko bazamushyingura ahazwi nka ‘Kololo Independence Grounds’ cyangwa ku nzu ndangamurage ya Uganda.

Icyakora, ubwo uyu muhanzi yitabaga Imana, nta na hamwe yashyinguwe muri aho ho yifuzaga, dore ko yashyinguwe ku ivuko muri ‘Kagga Nakawuka’.

Kugira ngo ashyingurwe bikaba byarateje impaka mu muryango we, dore ko ababyeyi be bari baratandukanye buri umwe agashaka ko yashyingurwa aho yifuza.

Mowzey Radio wamenyekanye mu itsinda rya GoodLife aririmbana Weasel Manizo, yitabye Imana ku wa 01 Gashyantare 2018.



Izindi nkuru wasoma

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

Putin yanditse amateka i Alaska mu rugendo rwa mbere muri Amerika kuva intambara ya Ukraine yatangir

Ni ryari umuntu ahagarika gukura burundu?

Mu ruzinduko rwe rwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yijeje abahinzi ikintu giko

U Rwanda na Zimbabwe mu Bufatanye Bukomeye :Amasezerano 25 y’Iterambere yasinywe



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-29 14:47:00 CAT
Yasuwe: 472


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umunyabigwi-mu-muziki-Mowzey-Radio-yari-yaravuze-aho-azashyingurwa-mbere-yo-gupfa.php