English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umukinnyi ukomeye wari witezwe muri APR FC yasinyiye Esperance De Tunis

Rutahizamu w'umunya-Burkina Faso, Jack Pantoulou Diarra, yasinye muri Esperance Sportive De Tunis.

Kuwa Gatanu tariki 13 Kamena 2025, nibwo Jack Pantoulou Diarra w'imyaka 18, yasinye amasezerano y'imyaka 3 muri Esperance Sportive De Tunis yo mu gihugu cya Tunisia.

Uyu musore ukiri muto yari amaze icyumweru avugwa muri APR FC yifuzaga rutahizamu ukomeye ukina aciye ku ruhande.

Nkuko byatangajwe na ES De Tunis, ivuga ko uyu musore yasinye amasezerano y'imyaka 3. Jack Diarra asanzwe akina nka rutahizamu wo ku ruhande rw'ibumoso ariko ushobora no gukina iburyo kuko akunda gukinisha akaguru k'iburyo.

Jack Pantoulou Diarra wavutse tariki 16 Mutarama 2006, yari amaze igihe muri Salitas Football School y'iwabo muri Burkina Faso. Uyu musore ureshya na Metero imwe na Sentimetero 74, amakuru ahari avuga ko we na APR FC ibiganiro bitangenze neza bahitamo kubivamo.



Izindi nkuru wasoma

Ibyo mutamenye ku gitero Israel yagabye ku bayobozi bakuru ba Hamas muri Qatar

Umwihariko wa Zimbabwe yasusurukije Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rya Karongi 2025

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari bamaze imyaka myinshi muri Congo

Abahoze muri MINUAR basuye Ingoro y’Urugamba rwo Kubohora Igihugu



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-06-14 07:48:32 CAT
Yasuwe: 195


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umukinnyi-ukomeye-wari-witezwe-muri-APR-FC-yasinyiye-Esperance-De-Tunis.php