English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Uko byagendekeye umugabo wiyambitse kinyeshuri kugira ngo ajye kwiba muri  FAWE Girls School.

Mu Karere ka Kayonza, umugabo w’imyaka 35 yafatiwe mu kigo cya FAWE Girls School i Gahini, aho bivugwa ko yari agiye kwibamo nyuma y’uko yari avuye muri College Marie Reine de La Paix (Artisan de Paix) i Rwamagana, aho yibye.

Uyu mugabo, utuye mu Murenge wa Murama muri Kayonza, yagerageje kwiyoberanya mu buryo butangaje.

Yambaye umwambaro w’ishuri w’abakobwa bo muri College Marie Reine de La Paix kugira ngo yirinde gufatwa, ariko ntibyabujije abashinzwe umutekano kumufata.

Mu iperereza, uyu mugabo yatangaje ko yari umwarimu mu ishuri rya EP Kiyenzi riherereye mu Murenge wa Gahini. Ubu bujura bwateye impagarara mu baturage bo muri Kayonza, aho abashinzwe umutekano bagaragaje ko ibikorwa nk'ibi bigomba gukurikiranwa byihutirwa.



Izindi nkuru wasoma

Ibyo mutamenye ku gitero Israel yagabye ku bayobozi bakuru ba Hamas muri Qatar

Umwihariko wa Zimbabwe yasusurukije Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rya Karongi 2025

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari bamaze imyaka myinshi muri Congo

Abahoze muri MINUAR basuye Ingoro y’Urugamba rwo Kubohora Igihugu



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-02-07 10:51:25 CAT
Yasuwe: 330


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Uko-byagendekeye-umugabo-wiyambitse-kinyeshuri-kugira-ngo-ajye-kwiba-muri--FAWE-Girls-School.php