Ubutindi n’ubukene bukabije: Zimwe mu mpamvu zituma abatuye Shyira batabitsa muri banki.
Nubwo ubushakashatsi bwa FinScope 2024 bwagaragaje ko 96% by’Abanyarwanda bagerwaho na serivisi z’imari, hari abatuye mu Murenge wa Shyira, mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko batazi uko umuntu abitsa muri banki kuko batabona icyo babitsayo kubera ubukene. Bamwe muri bo bavuga ko kwizigamira ari iby’abifite, mu gihe ubuyobozi bw’uyu murenge bubasaba kwitoza umuco wo kwizigamira, na duke bafite bakatubitsa.
Ubuzima bugoye, nta mafaranga yo kubitsa
Mukandayisenga, umwe mu batuye Shyira, avuga ko imirire y’urugo n’amashuri y’abana bimutesha amahirwe yo kwizigamira.
Ati: "Sinzi no kubitsa ibyo ari byo, ntabwo ari ugukabya, none se wakorera igihumbi ukarihira umunyeshuri, ugahaha ibyo kurya, ukabona n’ayo kubitsa? Muri banki nzabitsamo iki se, rwose sinzi uko babitsa."
Uwimbabazi Drocella na we yunzemo ati: "Ntabwo tubitsa, keretse mu kibina ho usanga ukotiza 200 buri cyumweru, ayo yo ntabwo wayabura. None se ku gatabo wajyanayo maganabiri?"
Ibi byerekana ko nubwo serivisi z’imari zegerejwe abaturage, hari bamwe batumva akamaro ko kubitsa amafaranga make, bitewe n’ubuzima babayemo.
Ubuyobozi bubasaba kwizigamira, n’iyo byaba bike
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyira, Marcel Ndandu, avuga ko kwizigamira bishingiye ku bushake, kandi ko SACCO ziri hafi y’abaturage kugira ngo zibafashe kubona inguzanyo.
Ati: "Iyo ufite amafaranga naho cyaba igiceri cy’ijana ukakibikaho, biguhesha amahirwe yo kubona inguzanyo. Hari n’inguzanyo Leta igenera abatishoboye ariko ntiwayibona udafite konti muri banki."
Imibare igaragaza ko serivisi z’imari zimaze kugera kuri benshi
Ubushakashatsi bwakozwe na Access to Finance Rwanda (AFR) ku bufatanye na MINECOFIN, BNR na NISR, bugaragaza ko:
· Abakoresha serivisi z’imari z’ibigo byanditswe nka banki n’ibindi bigo by’imari byemewe ni 92%
· 4% bakoresha uburyo butanditswe
· Abatagerwaho na serivisi z’imari bavuye kuri 7% muri 2020 bagera kuri 4% muri 2024
· Abakoresha Mobile Money bavuye kuri 60% muri 2020 bagera kuri 77% muri 2024
· Abakoresha SACCO bageze kuri 51%
Nubwo imibare igaragaza ko serivisi z’imari zimaze kugera kuri benshi, abaturage bo mu Murenge wa Shyira bavuga ko kubona amafaranga yo kubitsa bigoye, bikaba bisaba ubukangurambaga bwimbitse kugira ngo nabo binjire mu rwego rwo kwizigamira no kugana ibigo by’imari.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show