Prof. Omar Munyaneza wahoze ayobora WASAC yatawe muri yombi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi Prof. Omar Munyaneza wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC), akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo ruswa, itonesha mu kazi ndetse no gusaba ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.
Prof. Omar Munyaneza yatawe muri yombi ari hamwe n’abandi bayobozi babiri bo muri icyo kigo, bose bakaba bari gukorwaho iperereza.
RIB yatangaje ko aba bayobozi bashyirwa mu majwi n’abakozi batandukanye bo muri WASAC, bavuga ko bakoresheje nabi inshingano bahawe, bagatanga akazi cyangwa andi mahirwe ashingiye ku itonesha ndetse bagasaba cyangwa bagahatira bamwe gukora imibonano mpuzabitsina kugira ngo bagume ku mirimo cyangwa bahabwe imirimo.
RIB ivuga ko nibimenyekana ko ibyo bakekwaho ari ukuri, dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha kugira ngo urubanza rutangire.
Itegeko No. 54/2018 rihana ruswa rivuga ko umuntu uhamijwe icyaha cya ruswa ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu (5) na irindwi (7), n’ihazabu ingana nibura inshuro ebyiri kugeza kuri eshatu z’agaciro k’inyungu yahawe cyangwa yasabye. Itonesha mu kazi rihanwa n’igifungo cy’amezi atandatu kugeza ku myaka ibiri n’ihazabu ibarwa hashingiwe ku nyungu yahawe binyuranyije n’amategeko. Naho gusaba cyangwa guhatira umuntu ishimishamubiri rishingiye ku gitsina bihanwa n’igifungo cy’imyaka ibiri kugeza kuri itanu, n’ihazabu ya miliyoni imwe (1,000,000 Frw) kugeza kuri miliyoni ebyiri (2,000,000 Frw).
RIB irasaba abayobozi bose bari mu nzego zitandukanye za Leta n’izigenga kwirinda gukoresha ububasha bahawe n’amategeko mu nyungu zabo bwite, cyane cyane mu buryo bwangiza uburenganzira bw’abandi, bakaba inyangamugayo mu mikorere yabo ya buri munsi.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show