English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida w’u Burundi yasezereye abayobozi bakomeye mu rwego rwa Polisi

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakoze impinduka zikomeye mu nzego z'umutekano n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu, aho yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Lieutenant General de Police Gervais Ndirakobuca, Minisitiri w’Intebe wari usanzwe ari mu myanya y’ingenzi kuva mu 2022.

Iteka rya Perezida ryashyize Gervais Ndirakobuca mu kiruhuko ryashyizweho umukono tariki ya 09 Gicurasi 2025, ariko rishyirwa hanze ku mugaragaro kuri uyu wa Mbere, tariki 19 Gicurasi. Uretse Gervais Ndirakobuca, hanasezerewe General Major de Police Ngendanganya Générose, Umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro.

Gervais Ndirakobuca yagiye ku butegetsi bwa Minisitiri w’Intebe asimbuye Gen Alain Guillaume Bunyoni mu 2022, nyuma yo gutabwa muri yombi ashinjwa ibikorwa byahungabanyaga umutekano w’igihugu. Mbere yaho, Ndirakobuca yari Minisitiri w’Umutekano n’Iterambere ry’Abaturage.

Izi mpinduka zije mu gihe hakomeje kugaragara imbaraga Perezida Ndayishimiye ashyira mu guhindura imiyoborere y’igihugu no kugenzura inzego z’iperereza n’umutekano.

 



Izindi nkuru wasoma

Uko Perezida Ndayishimiye akomeje kugambanira u Rwanda aha indaro abashaka kurusenya

Yavuze ko agiye gutaha, mu gitondo basanga yapfuye: Byinshi ku rupfu rw’umubyeyi wa Chriss Eazy

Falz yasobanuye ko Album yise ‘The Feast’ ivuga ku busambo bw’abayobozi b’Afurika

APR FC imaze kurangizanya n’abakinnyi 3 bakomeye

DRC yatangaje ko itishimiye uruzinduko rwakozwe n’abahagarariye Urwego rw’Akarere



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-05-20 10:26:26 CAT
Yasuwe: 101


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-wu-Burundi-yasezereye-abayobozi-bakomeye-mu-rwego-rwa-Polisi.php