English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Perezida Paul Kagame yitabiriye igitaramo cy'abahanzi batandukanye muri BK Arena

Mu ijoro ryakeye Perezida wa Repuburika Paul Kagame na Madamu we Jeannette Kagame bitabiriye igitaromo cyabereye muri Bk Arena cya 'Move Africa' umuraperi kendric Lamar ari mu baririmbye muri icyo gitaramo.

Perezida Kagame yabanje gusuhuza abitabiriye icyo gitaramo yishimira ko ubwo ari uburyo bwiza bwo gusoza umwaka bari mu byishimo. yavuze ko u Rwanda ruzajya rwakira ibikorwa by'umuryango Grobal Citizen binyuze mu bitaramo bya 'Move Africa'.

Ibi bitaramo bya Move Africa buri mwaka bizajya bibera mu Rwanda k'ubufatanye n'ikigo pgLang cya Kendric Lamar ndetse n'urwego rw'igihugu rwiterambere RDB.

Perezida Kagame yatuye ibibi bitaramo abajyanama b'ubuzima kubera uruhare bagira mu mibereho myiza y'Abanyarwanda.

Ibi bitaro bizakorerwa mu Rwanda mu gihe cy'imyaka itanu kugeza mu 2028,abitabiriye iki gitaramo Perezida Puaul Kagame yabifuruje noheri nziza n'umwaka mushya muhire wa 2024.

Abandi bahanzi basusurukije abitabiriye iki gitaramo barimo umuhanzi wo muri Tanzania ,Zuchu,Bruce Melodie ,Ariel Wayz ndetse n'umubyinnyi w'Umunyarwanda witwa Sherrie Silver.

Yanditswe na Elysee Niyonsenga



Izindi nkuru wasoma

Ibyo mutamenye ku gitero Israel yagabye ku bayobozi bakuru ba Hamas muri Qatar

Umwihariko wa Zimbabwe yasusurukije Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rya Karongi 2025

Perezida wa Mozambique ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

Isasu rigomba kugenda ryanditseho izina ry’uwo rigenewe-Perezida Kagame



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-12-07 07:24:09 CAT
Yasuwe: 645


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Perezida-Paul-Kagame-yitabiriye-igitaramo-cyabahanzi-batandukanye-muri-BK-Arena.php