English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ni nde uzahabwa urufunguzo? APR FC mu biganiro bya nyuma n’abatoza 2 bakomeye muri  Afurika

Ikipe ya APR FC, ikomeje urugendo rwo kwiyubaka no gushaka uko yagera kure mu mikino nyafurika, igeze mu cyiciro cya nyuma cy’ibiganiro n’abatoza babiri bakomeye ku mugabane w’Afurika: Jose Miguel Cardoso ukomoka muri Portugal na Nabil Maaloul wo muri Tunisia.

Ku wa 3 Kamena 2025, hamenyekanye amakuru ko aba bagabo bombi bari kuganirizwa n’ubuyobozi bwa APR FC, ndetse umwe muri bo ashobora gutangazwa nk’umutoza mushya wa APR FC mu minsi ya vuba, niba nta gihindutse.

Miguel Cardoso: Umusirikare w’imitekerereze n’amateka i Burayi

Jose Miguel Azevedo Cardoso, wavutse ku wa 28 Gicurasi 1972, ni umwe mu batoza bafite ubunararibonye bukomeye mu mupira w’i Burayi. Nubwo atigeze akinira ikipe y’igihugu ya Portugal, yanyuze mu makipe akomeye nka FC Porto, Braga na Sporting CP nk’umutoza w’abato w’ungirije. Yatoje kandi Celta Vigo (Esipanye), Nantes (Ubufaransa), ndetse aheruka kugaragara muri Afurika atoza Esperance de Tunis n’ikipe ikomeye yo muri Afurika y’Epfo, Mamelodi Sundowns.

Tariki ya 1 Kamena 2025, ubwo Mamelodi Sundowns yatsindwaga na Pyramids FC ku mukino wa nyuma wa CAF Champions League, Cardoso ni we wari umutoza w’iyo kipe. Ibyo byatumye haza amakuru ko ashobora kwirukanwa, ari na ho APR FC yahise yinjira mu biganiro na we.

Nabil Maaloul: Umunyafurika usanzwe mu rugamba rw’amakipe akomeye

Nabil Maaloul, wahoze ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Tunisia, azwi nk’umutoza watoje amakipe menshi akomeye yo muri Afurika n’Abarabu. Yatoje Esperance de Tunis, Club Africain, ndetse na USM Alger. Ku rwego mpuzamahanga, yatoje amakipe y’ibihugu nka Kuwait, Syria, ndetse na Tunisia mu gikombe cy’Isi cyo mu 2018 cyabereye mu Burusiya.

Amakuru yizewe Ijambo.net ifite avuga ko Maaloul ubu ari mu Rwanda, ndetse ku wa 3 Kamena 2025 yagiranye ibiganiro n’ubuyobozi bwa APR FC. Haravugwa ko yifuza umushahara ungana n’ibihumbi 70 by’amadolari ya Amerika ku kwezi, hakaba hakiri ibiganiro niba hari ibyo yagabanya kugira ngo agere ku bumvikane na APR FC.

Ni inde uzatorwa? Ihurizo hagati y’inararibonye

Amakuru twemejwe n’inkoramutima z’iyi kipe y’ingabo z’igihugu avuga ko APR FC ishaka umutoza wamenyereye ruhago nyafurika, ariko kandi ushoboye no gutoza abakiri bato no kubaka ikipe iteye imbere mu buryo bwa tekiniki.

Miguel Cardoso afite uburambe bwinshi ku mugabane w’u Burayi no mu mikino ya Champions League, ariko Nabil Maaloul afite ubunararibonye bukomeye ku rwego rwa Afurika, ibyo bikaba bihuye n’icyerekezo APR FC yihaye cyo kwitwara neza mu mikino ya CAF Champions League.

Nubwo nta cyemezo kirafatwa ku mugaragaro, amakuru ava imbere muri APR FC yemeza ko Nabil Maaloul ari we uri ku isonga mu bahabwa amahirwe yo gutoza iyi kipe. Ni umukinnyi wabaye umutoza, wamenyereye Afurika, kandi ufite inyota yo kugera ku ntsinzi. Gusa ntihakwiye kwirengagizwa ko Cardoso afite imbaraga n’ubuhanga bushobora kuzamura ikipe ku rwego mpuzamahanga.

APR FC iri mu rugamba rwo kwiyubaka no gushaka ibikombe bya Afurika – umutoza mushya ashobora kuba ari we gisubizo.

Nsengimana Donatien |Ijambo.net



Izindi nkuru wasoma

Kevin Muhire yatangajwe nk'umukinnyi mushya wa Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo

Umukinnyi ukomeye wari witezwe muri APR FC yasinyiye Esperance De Tunis

Ibidasanzwe mu rugendo rw’abasirikare ba Afurika y’Epfo banyujijwe mu Rwanda bava i Goma

APR FC na Rayon Sports zajyanye muri Ghana, Police FC nayo yabikomeje! Avugwa hano mu Rwanda

Ari gushakishwa nyuma yo kuruma umugore we



Author: Nsengimana Donatien Chief Editor Published: 2025-06-04 11:56:28 CAT
Yasuwe: 101


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ni-nde-uzahabwa-urufunguzo-APR-FC-mu-biganiro-bya-nyuma-nabatoza-2-bakomeye-muri--Afurika.php