English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Musanze: Bamwe mu batishoboye bahawe inka mu kwizihiza umunsi w’Umuganura

Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Nyakanga 2025, mu Karere ka Musanze hizihirijwe Umuganura ku rwego rw’igihugu, hafatirwa ingamba zo gukomeza kwimakaza ubumwe n’iterambere. Uyu muhango wateguwe ku nsanganyamatsiko igira iti: “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana Dominique Habimana, wari umushyitsi mukuru, yavuze ko kwizihiza Umuganura ari uburyo bwo gushima ibyagezweho no gufata ingamba zo gukomeza kubaka igihugu gishyize hamwe. Yagize ati:

 “Kwizihiza Umuganura ni umwanya wo gushima ibyagezweho no gufata ingamba zo kurushaho gukora, kwiyemeza gusigasira ubumwe bwacu no kubaka ubumwe hagati y’Abanyarwanda.”

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iyo ntego, bamwe mu baturage batishoboye bahawe inka z’umukamo. Izi nka zizabafasha mu mibereho myiza no kwiyubaka, bijyanye n’icyerekezo cy’igihugu cy’iterambere rirambye.

Nyirabuseruka Rachel, umwe mu bahawe inka, yavuze ko ari amahirwe adasanzwe abonye. Ati:

 “Nta bushobozi nari mfite bwo kwigurira inka. Ariko ubu ngiye kugabanya amafaranga nashoraga ku ifumbire, nyakoreshe ibindi. Ndashimira Nyakubahwa Perezida Paul Kagame wadutekerejeho. Nizeye ko nanjye ku munsi nk’uyu nzoroza abandi nk’uko nanjye mporojewe.”

Minisitiri Habimana yavuze ko hari gahunda yo kwandikisha Umuganura mu murage w’Isi wa UNESCO, nk’umwe mu mihango y’umuco gakondo ukiriho kandi ukizihizwa buri mwaka mu Rwanda.

Umunsi w’Umuganura ni umunsi ukomeye mu muco nyarwanda. Watangiye kwizihizwa mu bihe by’Abami, uza guhagarikwa n’abakoloni mu 1925, ariko wongera gusubizwaho ku mugaragaro mu mwaka wa 2011.



Izindi nkuru wasoma

Abanyeshuri biga muri gahunda Nzamurabushobozi basabwe gukoresha neza amahirwe bahawe

Musanze: Bamwe mu batishoboye bahawe inka mu kwizihiza umunsi w’Umuganura

GS Gikore TSS-MUSANZE:ITANGAZO RYO GUPIGANIRA AMASOKO YO KUGEMURA IBIKORESHO BYO KWIGIRAHO N'IBIRYO

GS Gikore TSS-MUSANZE:ITANGAZO RYO GUPIGANIRA AMASOKO YO KUGEMURA IBIKORESHO BYO KWIGIRAHO N'IBIRYO

Ni iki gituma abakobwa bamwe bashimishwa n’abasore batabafiteho gahunda yo kubarongora?



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-08-01 18:28:56 CAT
Yasuwe: 113


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Musanze-Bamwe-mu-batishoboye-bahawe-inka-mu-kwizihiza-umunsi-wUmuganura.php