English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Kenya:Akazi ke ni ugutera “make-up” imirambo mbere yuko ishingurwa kandi ngo biramutunze

Hadija Yahiya ni umugore wo muri Kenya wavukiye i Mombasa, ariko akurira i Nairobi. Yataye ishuri akiri muto kubera ubukene bw’umuryango we, maze yisanga mu buzima  bugoye aho yagombaga kwishakira imibereho no gutunga umuryango we ugizwe  n'abana be babiri, umugabo atakibana na we, ndetse na nyina urwaye.

 

Muri uko gushaka imibereho, Hadija yaje gufungwa azira gucuruza ibiyobyabwenge, aho yashakaga amafaranga yo kubeshaho umuryango we nyuma y’uko musaza we wabafashaga yari amaze kwica. Nyuma y’iminsi ibiri afunzwe, inshuti ye yamwishyuriye ingwate y’amashilingi 10,000 kugira ngo afungurwe.

Iyo nshuti yamuhaye akazi, imujyana ku buruhukiro bw’ibitaro (morgue) itabanje ku mubwira neza icyo bagiye gukora. Bahageze, bamuhishurira ko akazi ari ako kurimbisha imirambo cyangwa se kuyisiga ibintu bituma Isa neza (make-up) mbere yo gushyingurwa. Uwo munsi atangira akazi  yatunganije  imirambo ibiri, ahabwa 10,000 Ksh, agira ubushobozi bwo kwishyura igice cy’ideni yari afite.

Hadija yatangiye afite ubwoba bwinshi, cyane cyane ubwo yahuraga n’imirambo igishyushye cyangwa ibigaragaza ibimenyetso biteye ubwoba. Yabujijwe kugaragaza ubwoba kuko abandi bakozi bari barabimenyereye. Yagiye ahura n’ibihe bikomeye, birimo no kubura ibitotsi no kugira ubwoba bwo kwegera abana be.         

Akomeza agira ati, “ Hari ubwo naburaga ibitotsi burundu. Ubundi nkisanga mfite ubwoba bwinshi budasobanutse. Hari nubwo nibwiraga nti kwegera abana banjye ni ukubashyira mu kaga kuko numvaga ubwenge bwanjye bwarahindutse rwose. Ariko ako kazi maze imyaka ibiri ngakora kantungiye umuryango neza”.

Nubwo atari akazi yakundaga, amaze imyaka ibiri agakora, akaba yarakamenyereye kuko ari ko kamufasha gutunga umuryango we no kubona imibereho. Yagize amahirwe yo kwigishwa uko yitwara igihe ahuye n’imirambo yatangiye kwangirika, kugira ngo atange serivisi zinoze nk’uko abisabwa.



Izindi nkuru wasoma

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

Putin yanditse amateka i Alaska mu rugendo rwa mbere muri Amerika kuva intambara ya Ukraine yatangir

Mu ruzinduko rwe rwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yijeje abahinzi ikintu giko

U Rwanda na Zimbabwe mu Bufatanye Bukomeye :Amasezerano 25 y’Iterambere yasinywe

Amateka yanditswe i Bujumbura: Umugore wa mbere agizwe Minisitiri w’Ingabo!



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-07-22 13:37:18 CAT
Yasuwe: 153


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/KenyaAkazi-ke-ni-ugutera-makeup-imirambo-mbere-yuko-ishingurwa-kandi-ngo-biramutunze---.php