English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Amateka yanditswe i Bujumbura: Umugore wa mbere agizwe Minisitiri w’Ingabo!

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yakoze impinduka zikomeye muri Guverinoma, aho bamwe mu bayigize basimbuwe abandi baragaruka. Muri izo mpinduka, icyatangaje benshi ni ugushyiraho Madamu Marie-Chantal Nijimbere ku mwanya wa Minisitiri w’Ingabo , aba umugore wa mbere mu mateka y’u Burundi wicaye muri uwo mwanya ukomeye mu rwego rw’umutekano w’igihugu.

Marie-Chantal Nijimbere nta mateka azwi y’akazi mu bijyanye n'igisirikare , yabaye Minisitiri w’Ubucuruzi, Ubwikorezi n’Ubukerarugendo kuva 2020 kugeza 2024, Mbere yaho yari Minisitiri w’Itumanaho, Ikoranabuhanga n’Itangazamakuru.

Madame Marie-Chantal Yisanze muri Guverinoma nshya hamwe n'abandi ba Minisitiri babiri aribo François Havyarimana na Lyduine Baradahana akaba aribo bonyine bahoze muri Guverinoma bongeye kugirirwa icyizere na Perezida Ndayishimiye.

Iri tegeko ryashyizweho na Perezida ryafashwe nk’intambwe idasanzwe mu guteza imbere uburinganire mu nzego z’ubuyobozi, ndetse rikaba ryaragaragaje ubushake bwa Leta y’u Burundi bwo guha abagore ijambo mu byemezo bikomeye bireba umutekano n’iterambere ry’igihugu.



Izindi nkuru wasoma

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yitabiriye Inama mpuzamahanga mu Buyapani

Putin yanditse amateka i Alaska mu rugendo rwa mbere muri Amerika kuva intambara ya Ukraine yatangir

Dore impamvu Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi ari guhuzwa na FDLR

Mu ruzinduko rwe rwa mbere, Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yijeje abahinzi ikintu giko



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-08-06 06:00:55 CAT
Yasuwe: 160


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Amateka-yanditswe-i-Bujumbura-Umugore-wa-mbere-agizwe-Minisitiri-wIngabo.php