English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

 

Impinduka mu burezi: Abarimu bashya barenga 7,000 batangiye akazi

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025 hiyongereyeho abarimu bashya 7,277, bashyizwe mu turere dutandukanye hashingiwe ku bukene bw’uturere ku barimu. Akarere ka Nyamasheke ni ko kahawe abarimu benshi (427), naho Kicukiro ni ko kabonye bake (124).

Umuyobozi muri REB, Mugenzi Léo, yasobanuye ko abarimu bigisha mu mashuri y’inshuke n’abanza baturuka mu mashuri nderabarezi (TTC), naho ab’iyisumbuye baturuka muri kaminuza. Abarimu bashyirwa mu myanya nyuma yo gukora ikizamini gikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Imibare ya MINEDUC igaragaza ko abarimu bari mu kazi kugeza ubu ari 107,741, barimo 64,099 bigisha abanza, 9,252 bigisha inshuke, na 34,390 bigisha ayisumbuye. Muri bo, hari abarangije kaminuza (icyiciro cya mbere n’icya kabiri) bigisha mu mashuri yisumbuye.

Uwamahoro Solange wo muri RTB yavuze ko mu mashuri ya tekiniki hifashishwa abize tekiniki ariko batize uburezi, maze bagahugurwa kugira ngo batange ubumenyi neza.

Abarimu bose mu gihugu ni 107,741, barimo abagabo 50,468 n’abagore 57,273.



Izindi nkuru wasoma

Perezida wa Mozambique ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi

Abanyarwanda barenga miliyoni 3 bafite imyaka yo gukora ariko batari ku isoko ry’umurimo barihe?

Impinduka mu burezi: Abarimu bashya barenga 7,000 batangiye akazi

Rubavu: BasiGo yazanye bisi z'amashanyarazi zitezweho impinduka mu ngendo z’imbere mu gihugu

Perezida Kagame yasabye urubyiruko rwa Afurika kuba imbarutso y’impinduka zubaka umugabane



Author: Elyse Niyonsenga Published: 2025-08-03 12:39:46 CAT
Yasuwe: 114


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Impinduka-mu-burezi-Abarimu-bashya-barenga-7000-batangiye-akazi.php