English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Igisirikare cy’u Burusiya cyatangaje ko cyahanuye indege ya Ukraine, cyinivugana ingabo 410.

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yatangaje ko abasirikare b’iki gihugu bahanuye indege y’intambara ya Ukraine yo mu bwoko bwa MiG-29.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa 5 Mutarama 2025, iyi Minisiteri yasobanuye kandi ko ingabo za Ukraine zatakaje abasirikare barenga 410 n’imodoka z’intambara zirimo Leopard ebyiri zakorewe mu Budage n’itwara abasirikare ya M113, yakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yagize iti “Ibitero 17 by’ingabo za Ukraine byasubijwe inyuma. Umwanzi yatakaje abasirikare barenga 410, ibifaru biri bya Leopald byakorewe mu Budage, imodoka eshatu z’imitamenwa zifashishwa mu bwikorezi zirimo M113 yakorewe muri Amerika.”

MiG-29 Ukraine yahawe ni izo yahawe n’ibihugu byo mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi kuva muri Gashyantare 2022 ubwo u Burusiya bwayishozagaho intambara.

Inyinshi yazihawe na Pologne mu 2023, ndetse iki gihugu cyateguje ko mu gihe cyakwakira F-35 cyatumije muri Amerika, kizatanga n’izindi gisirigaranye.



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda na Amerika Basuzumye uko Bakomeza ubufatanye mu By’Ingabo

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera bishwe barashwe n’indege ya Israel

Amateka yanditswe i Bujumbura: Umugore wa mbere agizwe Minisitiri w’Ingabo!

M23 yatangaje ko Ikeneye Igisirikare Gishya, ntiyifuza kwinjira mu nzego za Leta ya Kinshasa

Kuberiki Ipeti rya Brigadier General ritagaragara ku mazina ya Minisitiri w’ingabo w’u Rwanda?



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-01-06 09:28:54 CAT
Yasuwe: 175


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Igisirikare-cyu-Burusiya-cyatangaje-ko-cyahanuye-indege-ya-Ukraine-cyinivugana-ingabo-410.php