Ese Vatican yaba igiye guhuza Ukraine n’u Burusiya nyuma y’ibiganiro Papa agiranye na Zelenskyy?
Mu gihe Isi yari ibumbiye hamwe mu Misa ya mbere ya Papa mushya, Leo XIV, ku kibuga cya Saint Pierre i Vatican, ahari hateraniye abasaga 200.000, hadutse igikorwa cyihariye cyatumye benshi bibaza byinshi: Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yahuye n’Umushumba wa Kiliziya Gatorika ku Isi, mu biganiro Vatican yanze gutangaza ibikubiyemo.
Mu butumwa bwuje impuhwe n’urukundo, Papa Leo XIV yagaragaje icyerekezo gishya cya Kiliziya, asaba ko iba umusingi w’ubumwe, ubufatanye n’ubuvandimwe mu isi yuzuye ibikomere by’intambara n’akarengane. Yasabye isi yose kwitegereza Kristu, ikamwakira nk’urumuri n’ikizere cy’amahoro arambye.
Mu isengesho rya Regina Caeli, Papa Leo XIV yibukije amahanga ibyago byugarije Gaza, Myanmar na Ukraine, asabira abarimo kuzahazwa n’intambara, aboneraho gusaba ko amahanga afata iya mbere mu guharanira amahoro.
Perezida Zelenskyy, abinyujije ku rubuga rwa X, yashimiye Vatican ku bushake ifite bwo guhuza Ukraine n’u Burusiya, avuga ko Ukraine yiteguye ibiganiro byose bigamije iherezo ry’intambara. Yagize ati: “Twiteguye inzira zose zashobora gutanga igisubizo kirambye. Turashima Vatican ku ruhare rwayo.”
Uyu muhango w’ubusabane hagati ya Papa na Zelenskyy ukomereje ku bindi biganiro byabereye i Vatican ubwo Zelenskyy yahuye na Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu muhango wo gusezera kuri Papa Francis. Aha, Zelenskyy yavuze ko we na Trump baganiriye ku mikoranire y’umutekano wo mu kirere no gufatira u Burusiya ibihano.
Yemeje ko Perezida Trump yashyigikiye igitekerezo cy’agahenge k’iminsi 30 hagati ya Kiev na Moscow, nk’urufunguzo rwo kugera ku mahoro arambye.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show