English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Davis D yagiye i Burundi gukora indirimbo ye na Big Fizzo

Nyuma y’iminsi mike akoreye igitaramo gikomeye mu Mujyi wa Bujumbura, Davis D yahise asubirayo aho agiye kumara iminsi mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ye na Big Fizzo.

Davis D uri i Bujumbura, yabwiye IGIHE ko yagiye mu rugendo rw’akazi cyane ko ari mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ‘Truth or Dare’ basubiranyemo.

Ni indirimbo basubiranyemo n’iya mbere itarasohoka cyane ko yo yagiye hanze ku wa 12 Mutarama 2023.

Avuga kuri iyi ndirimbo, Davis D yahishuye ko idasanzwe kuri we kuko urukundo aririmbamo ari urwo amazemo imyaka hafi itanu n’umukobwa yirinze kugarukaho.

Ati “Maze imyaka itanu mbayeho mu buzima naririmbye, hari byinshi bikunze kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga ariko ukuri ni uko maze igihe mfite umukunzi.”

Davis D yaherukaga i Burundi mu minsi ishize ubwo yari yagiye kuhakorera igitaramo cyabaye ku wa 31 Ukuboza 2022.

Muri iki gitaramo cyabereye ahitwa Zion Beach, Davis D yaratunguranye aririmbana na Big Fizzo iyi ndirimbo yabo bakoranye.

Ni indirimbo abakunzi ba muzika i Burundi batari bazi cyane ko yasohotse habura iminsi mbarwa ngo igitaramo kibe, ariko benshi bahavuye batangiye kuyikunda.

 

 

yanditswe na Bwiza Divine



Izindi nkuru wasoma

Senegal yanyagiye ikipe y'igihugu y'Ubwongereza imbere y'abakunzi bayo

Cristiano Ronaldo yongeye gukora andi amateka nyuma yo kwegukana igikombe

Skales ufite indirimbo yakoreshejwe na Lamine Yamal wa Barcelona yakebuye abahanzi

Uko Otile Brown yatunguwe n’uwo yahimbiye indirimbo

Arsenal FC ishaka gukora mu jisho Manchester City, Real Madrid yerekeje amaso muri Portugal!



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-01-15 15:05:06 CAT
Yasuwe: 523


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Davis-D-yagiye-i-Burundi-gukora-indirimbo-ye-na-Big-Fizzo.php