English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Amavubi yahamagawe harimo umukinnyi ukina muri shampiyona y’ubwongereza

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Adel Amrouche, yahamagaye abakinnyi 27 azifashisha mu mukino wa gishuti.

Ni urutonde rugiye hanze kuri uyu wa gatatu tariki 28 Gicurasi 2025, binyujijwe ku mbuga nkoranyambaga za FERWAFA.

Aba bakinnyi bashyizwe ahagaragara harimo abakinnyi bashya 3 barimo NKulikiyimana Darryl, Kayibanda Claude Smith na Aly Enzo Hamon.

Muri aba bakinnyi bahamagawe harimo kandi bakinnyi bari bamaze igihe batagaragara mu ikipe y’igihugu barimo Kagere Medie, Uwimana Noe Iman ndetse na Clovis Ngwabije Brian.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ifite umukino wa gishuti n’ikipe y’igihugu ya Algeria tariki 5 Kamena 2025. Ni umukino wa gishuti wateguwe mu buryo bwo kwitegura imikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cy’isi iri mu minsi iri imbere.



Izindi nkuru wasoma

Kevin Muhire yatangajwe nk'umukinnyi mushya wa Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo

Umukinnyi ukomeye wari witezwe muri APR FC yasinyiye Esperance De Tunis

Uwari Kapiteni wa Rayon Sport, aratangazwa nk’umukinnyi mushya mu yindi kipe

APR FC na Rayon Sports zajyanye muri Ghana, Police FC nayo yabikomeje! Avugwa hano mu Rwanda

Urunturuntu muri Rayon Sports rukomeje gutuma hari ibidakorwa



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-05-28 11:05:17 CAT
Yasuwe: 79


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Amavubi-yahamagawe-harimo-umukinnyi-ukina-muri-shampiyona-yubwongereza.php