English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

 Vestine na Dorcas bagiye gutaramira abakunzi babo  muri Canada.

 

Vestine na Dorcas bamenyerewe mu ndirimo zo guhimbaza no kuramya Imana barateganya gutaramira abakunzi b’indirimbo zo  guhimbaza Imana ndetse n’abakunzi babo muri rusange mu gihugu cya Canada .

 

Ni nyuma y’amezi ageze kuri 3 bashyize yanze album yabo yambere bise “Nahawe ijambo”barateganya ko mu biruhuko by’amashuri  kuzataramira abakunzi babo  baba muri Canada.

 

Ibi byatangajwe n’umujyanama wabo unasanzwe areberera inyungu zabo mu by’umuziki Murindahabi Irene avuga ko ibi bitaramo bazakora byasabwe n’abakunzi babo baba muri Canada.

Ati “ ibi bitaramo bizaba mu biruhuko by’abanyeshuri ndetse ni ibitaramo tuzakora birenze kimwe muri iki gihugu.

 

Yongeyeho  kandi ko ari ibitaramo bagiye gukorera bwa Mbere hanze y’igihugu cy’u Rwanda by’umyihariko ku mugabane w'u Burayi.

Murindahabi yatangaje ko kujyeza ubu amatariki n’aho igitaramo kizabera bitaratamenyekana neza.

 

Vestine na  Dorcas bamaze kuba ibyamamare mu muziki w’indirimo zihimbaza Imana  zirimo Nahawe ijambo , Umutaka n’izindi . Baherutse  kandi gushyira hanze album yabo yambere  mu Ukuboza 2023 iriho indirimbo 9.

 

 

 

Yanditswe na Sam Murwanashyaka 



Izindi nkuru wasoma

Ibyo mutamenye ku gitero Israel yagabye ku bayobozi bakuru ba Hamas muri Qatar

Umwihariko wa Zimbabwe yasusurukije Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rya Karongi 2025

Nyamasheke: Abikorera basabwe kuba urufunguzo rw’iterambere binyuze muri Kivu Beach Expo & Open Da

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari bamaze imyaka myinshi muri Congo

Abahoze muri MINUAR basuye Ingoro y’Urugamba rwo Kubohora Igihugu



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-05-24 13:58:29 CAT
Yasuwe: 831


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/-Vestine-na-Dorcas-bagiye-gutaramira-abakunzi-babo-muri-Canada.php