Perezida Kagame yavuzeko akwiye kwitegura kubera uburemere bw’amagambo ya Tshisekedi
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ubwo yagiranaga ikiganiro n’ikinyamakuru Jeune Afrique yabajijwe ibyerekeranye n’umutekano hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, yavuzeko uburemere afatana amagambo avugwa na Perezida Felix Tshisekedi burenze ubwo Tshisekedi ubwe abibonamo, byityo agomba guhora yiteguye kubera ayo magambo mabi.
Perezida Kagame abajijwe niba amagambo yavuzwe na Perezida Tshisekedi yaramuteye ubwoba, yavuze ati”kuki Ntabifatana uburemere? Ndatekerezako nawe nta bushobozi afite bwo kwiyumvisha ingaruka ibyo yavuze byagira nku mukuru w’igihugu. Kuri Njye n’ikibazo gikomeye.”
Yakomeje agira ati” ni ikibazo gikomeye Njye nkwiye kwitegura guhangana nacyo,bisobanuye ko ijoro rimwe ashobora kubyuka agakora ibintu utatekereza ko abantu bazima bakora.”
Muri icyo cyiganiro yabajijwe ku bijyanye n’ibiganiro bishobora kubahuza We na Perezida Felix Tshisekedi ariko bakaba bahura aruko amaze gukura ingabo z’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo ndetse no guhagarika M23 nkuko byavuzwe na Perezida Tshisekedi.
Perezida Kagame yavuzeko ibiganiro hagati yabo bitashoboka mu gihe buri wese ashiraho amabwiriza kugirango habe ibiganiro.
Ati” gutangira atanga amabwiriza ni uburyo bubi bwo gukemura ibibazo, ntekerezako rimwe na rimwe abantu bakunda kwigaragaza no kwifotoza mu binyamakuru,ntituvuga ku bijyanye no gutanga amabwiriza ngenderwaho.”
Ibyo bishobora gutuma natwe dushiraho amabwiriza yacu,ngo Sinzahura na Tshisekedi mu gihe atemeye kwisubiraho ku magambo yavuze ku mugaragaro yuko azatera u Rwanda.
Cyangwa se Nkavuga ngo Sinzabonana na Tshisekedi mu gihe FDLR itarava muri DRC n’ibindi byinshi,ibyo rero nti byatuma amahoro twifuza agerwaho.
Abajijwe ku bijyanye no kuba hari abavuga ko muri DRC hariyo ingabo z’u Rwanda yavuze ati” ndabaza abashinja u Rwanda kuba rufite uruhare mu bibera muri DRC cyangwa ngo rwoherejeyo abasirikare,ndabaza abo batekerezako u Rwanda rwaba ruri muri DRC,ese byaba ari ukwishimisha?.
Kwishimisha tugashora ingabo zacu mu ntambara no muri biriya bibazo bibera muri DRCongo?.
Ndibaza kuki ingabo z’u Rwanda zaba ziri muri DRC niba koko zaba ziriyo,ndikuvuga ibi kugirango bekwihunza inshingano bafite.
Ntabwo nshaka ko bagera ku ntego yabo yo kwihunza cyangwa ngo birengagize ikibazo bagarukiye gusa ku gushinja u Rwanda kuba rwarohereje ingabo muri icyo gihugu,kuko nicyo cyintu cyonyine bashaka kugeraho.
Perezida Kagame yavuzeko ikibazo kiri imbere ari M23.Abo Abanyekongo bavuga nk’inyeshyamba n’andi mazina menshi bayita.
Ati” hano mu Rwanda hari ibihumbi 100 by’impunzi bamwe muri bo bamaze imyaka 23, buri munsi twakira imiryango yambuka iva muri DRC ihunga ibitero bigamije kubica mu Burasirazuba bwa Congo."
Perezida Kagame yavuzeko iyo udashaka kureba izingiro ry’ikibazo cyitakemuka kandi ko utashakira amahoro mu gace kamwe kandi hari ibindi amagana Bihari.
Yakomeje avugako hari amasezerano ya Luanda yatangaga umusaruro kimwe n’andi menshi atandukanye ariko Tshisekedi akaba yarayirengagije
Perezida Paul Kagame kandi yavuzeko bibabaje kubona amagambo abiba urwango yararenze muri FDLR akagera no mu bayobozi bakuru b’igihugu barimo na Perezida Felix Tshisekedi
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show