Ibibazo ni byinshi ku bapilote basinziriye batwaye indege
Abategetsi muri Indonesia barimo gukora iperereza ku ndege yaho yitwa Batik Air nyuma y’uko abapilote bombi basinziriye hashije iminota 30 indege batwaye ihagurutse.
Abo bagabo babiri basinziriye batwaye indege mu mpera za Mutarama ubu babaye bahagaritswe by’agateganyo ,iyo ndege yari ivuye mu mujyi wa Sulawesi igiye mu murwa mukuru Jakarta.
Umwe muri bo bivugwa ko yari ananiwe kuko yari avuye kwita ku mpanga umugore we yabyaye.
Indege bari batwaye ya Airbus A320 yataye inzira yayo umwanya muto, bakangutse babasha kuyururutsa neza, abagenzi bose 153 n’abakozi b’indege ntawagize ikibazo.
Umupilote w’imyaka 32 yabwiye pilote bafatanya ngo ayobore indege hashize iminota igera kuri 30 ihagurutse, amubwira ko akeneye akaruhuko.
Uyu mugenzi we w’imyaka 28 yaremeye, nk’uko raporo iva muri minisiteri y’ubwikorezi ibivuga.
Gusa hashize akanya uyu nawe yahise atwarwa n’ibitotsi arasinzira. Iyo raporo ivuga ko hari hashize ukwezi kumwe umugore we abyaye impanga kandi ari mu bazitaho.
Abagenzura ikibuga cy’indege cya Jakarta bagerageje kuvugisha abo mu kizuru (cockpit) cy’iriya ndege ariko ntibabona igisubizo.
Uko guceceka kwabo kwamaze iminota 28 kugeza ubwo pilote mukuru yakangutse asanga mugenzi we nawe ari mu rinini. Yasanze kandi indege yavuye mu nzira yayo.
Yakanguye mugenzi we maze bombi basubiza ubutumwa bwa radio bwa Jakarta bakomeza urugendo kandi bururutsa indege neza.
Ibipimo by’abaganga bifatwa mbere y’uko bahaguruka byemeje ko aba bapilote bari bameze neza igihe bajyaga kugurutsa indege. Gutembera kw’amaraso yabo no gutera k’umutima byari ibisanzwe kandi nta nzoga zari mu mubiri wabo.
Gusa ntabwo ibizamini byerekanye niba ikiruhuko bari bafashe mbere y’akazi cyari gikwiriye nk’uko inzobere mu by’indege Alvin Lie yabibwiye BBC dukesha iyi nkuru.
Abategetsi ubu bashyize igitutu kuri Batik Air kubera ibyabaye, aho ukuriye ubwikorezi bw’indege mu gihugu yasabye Batik Air kurushaho guha gihagije abakozi bayo.
Batik Air yavuze ko “yubahiriza igihe gikwiye cyo kuruhuka” kandi ko “ishishikariye kubahiriza ibisabwa byose mu bwirinzi”.
Mu 2019, byabaye ngombwa ko indege y’iyi kompanyi igwa igitaraganya nyuma y’uko umwe mu bapilote bayo ataye ubwenge atwaye.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show