English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Gaza:Abantu 18 bishwe n'amazi n'umubyigano bari gushaka ibyo kurya

Ibiro bishinzwe itumanaho muri Gaza ryatangajeko abantu 12 bapfuye bishwe n'amazi abandi 6 bicwa n'umubyigano ukabije ubwo bari bagiye gufata ubufasha bw'ibiribwa byari bimanuwe n'indege.

Muri iryo tangazo ibyo biro byavuzeko uburyo bwo kohereza imfashanyo y'ibiribwa hakoreshejwe inzira yo mu kirere  ntacyo bimaze kuko abaturage batabona ibiribwa uko biba byazanwe ko ahubwo bazajya babizana ariko bigacishwa mu nzira yo kubutaka kugirango hakorwe gahunda nziza yo kugaburira Abanyepalistine bari kwicwa n'inzara.

Ibi biri kuba mu gihe akanama k'umuryango w'abibyumbye kari kasabyeko iyo ntamabara ya Israel na Hamas ikomeje guhitana abantu benshi yahita ihagarara muri iki gihe cy'ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan.

Iki gitekerezo cyakiriwe neza n'Abarabu kuko umubare wabo munini ugizwe n'Abayisiramu ndetse cyakirwa neza  mu rwego mpuzamahanga ariko Isreal ikomeza gukubita agatoki ku kandi yanga kubahiriza ubwo busabe.

Intambara ya Isreal na Hamas imaze guhitana ubuzima bw'abantu babarirwa mu bihumbi  mu gihe abandi babarirwa muri za miriyoni bahunze igice cya Gaza kiri kuberamo intambara.



Izindi nkuru wasoma

Gatsibo:Abana batatu bari baraburiwe irengero babonetse mu kandi karere

Umwarimu ukekwaho kurya ibiraha by'abana akanabasambanya yatangiye kuburanishwa

Ubugereki bwibasiwe n'ibicu bidasanzwe bisa nibyo ku mubumbe wa Mars

Abacamaza,abashinjacyaha,abanditsi ,abashinzwe iperereza mu nkiko za gisirikare bari guhabwa amahugu

Amerika yafatiye ibihano abayobozi barindwi b'imitwe yitwaza intwaro



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-03-27 13:41:30 CAT
Yasuwe: 50


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/GazaAbantu-18-bishwe-namazi-numubyigano-bari-gushaka-ibyo-kurya.php