English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abacamaza,abashinjacyaha,abanditsi ,abashinzwe iperereza mu nkiko za gisirikare bari guhabwa amahugurwa  

Ku wa kibiri tariki ya 23 Mata 2024 abacamanza, abashinjacyaha,abashinzwe iperereza n'abanditsi b'inkiko  batangiye amahugurwa y'iminsi ibiri agamije kwigira hamwe uburyo bwo kunoza  no guteza imbere ireme rya serivise no guteza imbere ubufatanye mu rwego rw'ubutabera bwa gisirikare.

Muri ayo mahugurwa Perezida w'urukiko rw'ubujurire Francoise Regis Rukundakuvuga yashimye imbaraga z'ubufatanye hagati y'inkiko za gisirikare n'iza gisivile mu kubahiriza amahame yo kutabogama mu itangwa ry'ubutabera.

Brig Gen John Bagabo Perezida w'urukiko Rukuru rwa Gisirikare yongeye gushimangira ko igisirikare cy'u Rwanda kiyemeje kuzamura ireme ry'ubutabera. yashishikarije abitabiriye ayo mahugurwa kumenya amategeko rusange ashimangira akamaro ku guhuza ibyemezo kugirango ubutabera butangwe neza.

Mu myaka itari mike ishinze u Rwanda rwakoresheje ahanini amategeko y'imbonezamubano aho abacamanza bafite ubwigenge bwo gusobanura  imanza  no gufata ibyemezo  bagendeye ku manza zabanje bahuza ingingo z'amategeko mbonezamubano ndetse n'amategeko rusange ubu bukaba ari uburyo bugamije gushimangira kugendera ku mategeko mu byemezo bitandukanye bifatwa n'urukiko.



Izindi nkuru wasoma

Inyubako nshya y'ibiro by'Akarere ka Burera yuzuye itwaye amafaranga abarirwa muri za Miliyari

Abanye-Palestine barabarirwa mu bihumbi basabwe guhunga bava mu mujyi wa Rafah

Rutsiro:Abaturiye n'abakorera muri Pariki ya Gishwati-Mukura barishimira ibyiza imaze kubagezaho

Kayonza:RBC irashima uruhare rw'abajyanama b'ubuzima mu guhwiturira ababyeyi batwite kwipimisha bari

Abaturiye n'abakorerea muri Pariki ya Gishwati barishimira urwego imaze kubageza.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-04-24 13:43:16 CAT
Yasuwe: 39


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abacamazaabashinjacyahaabanditsi-abashinzwe-iperereza-mu-nkiko-za-gisirikare-bari-guhabwa-amahugurwa--.php