English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Uko Genesis Dance Showcase yahinduye ubuzima bw’abahanzi bato binyuze mu mbyino

Kuva kera, ubuhanzi bw’imbyino bwagiye bufatwa nk’ikirangaza ku bana bamwe na bamwe, bamwe bakanabuhisha ababyeyi babo nk'ibanga ridakwiriye kumenyekana. Ariko gahunda nshya yiswe Genesis Dance Showcase, yatangijwe ku mugaragaro n’Itorero Mashirika Performing Arts and Media Company, yahinduye amateka y’izo mpano zitagiraga aho zishingira.

Iyi gahunda, yateguwe nk’urubuga rwo gutahura, gufasha no kuzamura impano nshya mu mbyino, yazanye icyizere gishya ku rubyiruko rwinshi rwakundaga imbyino ariko rukabura aho ruhera. Abahanzi baturutse mu ngeri zitandukanye—abanyamideli, abaririmba live, ababyinnyi b’ikoranabuhanga n’abakizamuka—bahuriye ku rubyiniro rumwe, bagaragaza ibyiyumvo byabo binyuze mu mibiri yabo.

Imbyino nk’urugamba rw’imbere

Chris Hirwa, umwe mu babyinnyi bitabiriye iyi gahunda, yerekanye igihangano yise “Pulses of Change”, gikubiyemo urugendo rw’umuntu uri kwiyubaka hagati y’inzozi ze n’icyo sosiyete imwifuzaho. Ati: “Imbyino zanjye ni intambara hagati y’irari n’umurava. Ni uguhitamo hagati y'ukuri kwanjye no kwiyubaka uko abandi babishaka.”

Umwana wiyumvisemo Intore akiri ku isuka

Samuel Irabizi, wamenyekanye mu mbyino gakondo, yavuze uko yakuranye inzozi zo kuba Intore, nubwo nta wamushyigikiraga. Ati: “Nabyinaga nijoro, nicaye ku buriri. Umunsi umwe baranyumvise, banyemerera kubyina. Byarangoye, ariko nagize amahirwe yo kugera aho nari ntarota. Ubu ndigisha abandi, mfite ishema.”

Irabizi yemeza ko imbyino zamwigishije ikinyabupfura, zimugira umuntu wiyubashye. “Iyo numvise ijwi ry’Amayugi, umubiri wose urakanguka. Numva nishimye nk’uwagarutse mu rugo.”

Amasura abiri mu mutima umwe

Frank Niyonkuru nawe yerekanye igihangano “The Face I Hide”, cyerekana uko umuntu ashobora kubaho yihishe inyuma y’amasura abiri: iry’iyerekwa n’irindi ry'ukuri kwe. “Imbyino ni ubuhungiro bwanjye. Umubiri wanjye uba urubuga rw’intambara y’imbere, ariko iyo ndimo kubyina numva ndakira.”

Mashirika yifuza impinduka mu myumvire y’imiryango

Hope Azeda, washinze kandi ayobora Mashirika Performing Arts and Media Company, yavuze ko iyi gahunda igamije gukura ubuhanzi mu mwijima. “Turi guhuriza hamwe impano zabuze aho zinyura. Ubuhanzi si ibintu bifatika, ni ubuzima bwo mu mutima, bukwiye guhabwa agaciro.” 

Yakomeje asaba ababyeyi n’imiryango gushyigikira abana bafite impano, avuga ko “ibitekerezo bibi n’amarangamutima apfukirana impano nyinshi. Iyo umubyeyi atizeye umwana we, amwangiza. Iyo abonye urubuga n’inkunga, ashobora kumurika isi.”

Genesis Dance Showcase ni itangiriro rishya ku mpano nyinshi zatotejwe n’amarangamutima yo kwanga ibyo zitangiye. Ni urubuga rw’amateka mashya, aho imbyino zivuga ibyo amagambo adashobora gusobanura.



Izindi nkuru wasoma

Ni nde uzahabwa urufunguzo? APR FC mu biganiro bya nyuma n’abatoza 2 bakomeye muri Afurika

EID AL-ADHA izahurirana n’ikiruhuko rusange – Dore uko byahinduye gahunda za Leta

Uko inka 10 zigiye guhindura ubuzima bw’Abarokotse Jenoside mu Burengerazuba

‘Sunika Simbabara’: Itsinda ry’abakobwa bato rikomeje kuzengereza abaturage b’i Rubavu

Abatoza n’abaganga bararirira mu myotsi mu gihe Rayon Sports isatira igikombe



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-05-12 07:57:49 CAT
Yasuwe: 84


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Uko-Genesis-Dance-Showcase-yahinduye-ubuzima-bwabahanzi-bato-binyuze-mu-mbyino.php