English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

RIB yafunze abari gushakira inyungu ku bandi hakoreshejwe uburiganya

RIB yafunze Mungaruriye Eric n’abafatanyacyaha be babiri ari bo Beneyo Jean Norbert na Iradukunda Aliane bakurikiranyweho gushakira inyungu ku bandi hakoreshejwe uburiganya hamwe n’iyezandonke.

Iperereza ry’ibanze rigaragaza ko Mungaruriye yafunguje ibigo by’ubucuruzi (company) byizeza abantu kubashakira akazi muri serivisi zitandukanye ariko babanje kwishyura amafaranga bikarangira nta kazi babonye.

Iperereza kandi rigaragaza ko bafashwe bamaze kwakira agera kuri Miliyoni mirongo irindwi (70,000,000 Frw) bakuye muri ubwo buriganya. Aba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyarugenge mu gihe dosiye yabo irimo gutunganywa kugira ngo yohererezwe Ubushinjacyaha.

RIB iributsa abaturarwanda bose cyane cyane abashaka akazi kujya bashishoza, kugira amakenga ku babizeza akazi, no gushakisha amakuru y’ukuri ku kazi bashaka mbere yo gutanga amafaranga yabo.



Izindi nkuru wasoma

Abarimo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran baguye mu gitero kidasazwe cyagabwe na Israel

Ibyo Perezida Donald Trump yasubije nyuma yo kubazwa niba azababarira P Diddy

Volleyball: APR WVC na Police VC bahize abandi mu irushanwa rya Mémorial Rutsindura

Karongi: Uko urupfu rw’umusore warwaniraga telefone ku kabari rwavuyemo icyaha gikomeye

BK Group yinjije inyungu ya miliyari 91 Frw mu 2024



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-03-25 14:50:37 CAT
Yasuwe: 114


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RIB-yafunze-abari-gushakira-inyungu-ku-bandi-hakoreshejwe-uburiganya.php