English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nta n’umuyobozi uratinyuka kuhagera: Ibibera i Nyabihu bikomeje gushengura imitima ya benshi

Mu gihe imvura idasanzwe ikomeje kwibasira ibice bitandukanye by’igihugu, mu Kagari ka Kanyove, Umurenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, abaturage baratakamba basaba ubufasha. Amazi akomoka mu misozi y’Ibirunga yamaze kurengera inzu n’imirima yabo, maze ubuzima busigara mu kaga.

Ubuzima bwahindutse inzozi mbi

Inzu zarasenyutse, imyaka yarasibamye, ibiro by’akagari nabyo byararengewe, ariko nta muyobozi urabageraho ngo abafashe cyangwa abahumurize. Abaturage bamwe barara hanze, abandi bacumbitse mu baturanyi, ubu Kanyove yahindutse ikibaya cy’amarira.

Nsengimana François, umwe mu baturage bahunze urugo rwe kubera ay’amazi, yagize ati: "Aha ni ho twari dutuye, ariko ubu tubayeho nk’impunzi. Duhora dusaba ko bashakira aya mazi inzira anyuramo, ariko nta kirakorwa. Ikibare cyari gihari cyuzuye kera, ntibagisibura, amazi yabaye nk’ikiyaga. Turasaba gutabarwa."

Agahinda n'akarengane gakomeje guheranwa n’abaturage

Undi muturage na we yunzemo ati: "Twahunze ariya amazi. Ubu turababaye cyane, ntaho twerekeje. N'ibiro by’Akagari byararengewe. Mudufashe nk’abanyamakuru, mubwire abo bireba uko duhagaze, kuko n’imyaka yacu yaragiye."

Umunyamakuru wa MamaUrwagasabo TV yageze muri aka gace, asanga abaturage bicaye hejuru y’imisozi bareba amazu yabo ukuntu yarengewe n’amazi, imyaka ireremba mu mazi nk’ibyatsi.

Ubuyobozi ntiburagira icyo bukora kigaragara

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu burimo gukora kuri iki kibazo. Twavuganye na Meya Mukanadayisenga Antoinette, atubwira ko ahuze, kugeza ubwo twarangizaga gutegura no gutunganya  iyi nkuru ntiyigeze adusubiza.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Ntibitura Jean Bosco, we yatangaje ko hari imiryango yatangiye kwimurwa mu buryo bwo kuyirinda ibyago, ndetse ko hari aho bamaze gukodesherezwa.

Ati: "Birumvikana ko imiryango yimuwe igomba gukodesherezwa. Hari iyamaze gukodesherezwa, n’indi yimuwe ejo. Haracyashakwa amazu yo gukodesherezaa abatarabona aho bajya."

Ibi bibazo si iby’abatuye Kanyove gusa. Ni isomo ku miyoborere, ku micungire y’ubutaka, no ku buryo ubuyobozi bukwiye kugira uruhare mu gukumira no kugoboka igihe hagaragaye ibiza. Iyo abaturage barira ntihagire ubitaho, igihugu kiba kiri guta umurongo wacyo.

Nsengimana Donatien |Ijambo.net



Izindi nkuru wasoma

Ibyo Kanye West yavuze kuri P Diddy byatangaje benshi

APR FC na Rayon Sports zajyanye muri Ghana, Police FC nayo yabikomeje! Avugwa hano mu Rwanda

Timbaland yakoze ibyo benshi bari kunyenga birimo no gusinyisha umuhanzikazi wa AI

Ibintu 10 abakobwa benshi bashyira imbere mu guhitamo umusore bazabana akaramata

Menya ibihugu 5 bya mbere muri Afurika mu kugira abakina imikino y'amahiwe benshi



Author: Nsengimana Donatien Chief Editor Published: 2025-05-16 10:20:45 CAT
Yasuwe: 118


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Nta-numuyobozi-uratinyuka-kuhagera-Ibibera-i-Nyabihu-bikomeje-gushengura-imitima-ya-benshi.php