English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Matthew David Hughes winjiriye Eminem yakatiwe imyaka 30

Detroit Free Press yanditse ko Matthew David Hughes w’imyaka 32 y’amavuko yakatiwe imyaka 30 ari muri gereza. Ni igihano yahawe n’urukiko ku itariki 17 Kamena 2025 nyuma y’uko ahamijwe icyaha cyo kwinjira mu rugo rwa Eminem mu myaka itandatu ishize.

Hari ikindi gihano yari yarahamijwe cy’imyaka irindwi n’amezi atandatu bitewe n’uko yari yarahamijwe icyaha cyo guteza ibibazo ubuzima bwa Eminem’Aggravated stalking’.

Urukiko rero ruteranyije ibyo bihano , igihano gito yahabwa ni igifungo cy’imyaka 18 noneho igifungo cy’imyaka myinshi yakora ni imyaka 37 n’amezi n’amezi atandatu muri gereza.

Muri Kanama 2024 David Matthew yinjiriye urugo rwa Eminem yiba igare, abacunga umutekano bamubonye ariruka arabasiga.

Emimen kandi yigeze kubwira urukiko ko mu 2020 uwo mugabo bigeze gucakirana iwe mu rugo noneho ahamagara polisi iramutabara ariko byasize ihungabana rikomeye ku buzima bw’uwo muraperi.



Izindi nkuru wasoma

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 532 bari bamaze imyaka myinshi muri Congo

Kamonyi:Abantu 5 bakekwaho kwica umusore w’imyaka 24 batawe muri yombi

Manzi Thierry yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Al Ahli Tripoli

Abanyarwanda barenga miliyoni 3 bafite imyaka yo gukora ariko batari ku isoko ry’umurimo barihe?

Abana b’imyaka 15 bashobora kwifatira ibyemezo ku kuboneza urubyaro? Impaka zabaye nyinshi



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-06-25 13:12:23 CAT
Yasuwe: 250


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Matthew-David-Hughes-winjiriye-Eminem-yakatiwe-imyaka-30.php