English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Ibanga rikomeye ryavugiwe i Paris hagati ya Perezida Kagame na Macron ryatangiye gusakara

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Gicurasi 2025, aho yagiranye ibiganiro byihariye na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, ku bibazo bikomeye byugarije akarere, by’umwihariko intambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ibiro bya Perezida wa Repubulika byatangaje ko ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi, umutekano w’akarere ndetse n’imikoranire y’u Rwanda n’amahanga mu gukemura ibibazo binyuranye birimo n’iterambere ry’ubukungu.

Ni ubwa mbere Perezida Kagame na Macron bahuye kuva muri Mata 2025, ubwo bagiranaga ikiganiro kuri telefone kivuga ku bibazo by’umutekano no guharanira igisubizo cya politiki ku ntambara yo mu burasirazuba bwa Congo.

Ibi biganiro byabaye mu gihe impande zitandukanye zirimo impuguke ku bibazo bya Congo n’abayobozi mpuzamahanga, bari gutegura amasezerano y’amahoro hagati ya Kigali na Kinshasa, byitezwe ko azasinywa mu kwezi kwa Kamena 2025 i Washington DC, imbere ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.

Uretse ayo masezerano, hateganyijwe gusinywa andi y’ubufatanye mu bukungu hagati ya Rwanda na RDC, byombi bifashijwe na Amerika. Hazanashyirwaho komite yihariye izakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano, igizwe n’intumwa za USA, Qatar, u Bufaransa na Togo, aho Perezida Faure Gnassingbé wa Togo ari we uyoboye iki gikorwa cy’amahoro muri Afurika.

Iyi gahunda ni igice cy’ubuyobozi bushya bw’imishyikirano yari asanzwe ari mu maboko y’amashyirahamwe ya EAC na SADC, ariko ubu ikaba yahawe Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Ibiganiro bya Perezida Kagame na Macron bikomeje kuba urufunguzo rukomeye mu gushimangira uruhare rw’u Rwanda mu gushaka amahoro arambye mu karere k’ibiyaga bigari, aho ubufatanye bw’ibihugu bikomeye burushaho gukomera.



Izindi nkuru wasoma

Uko Perezida Ndayishimiye akomeje kugambanira u Rwanda aha indaro abashaka kurusenya

AFC/M23: Intwaro y’Ibanga y’Abanyapolitiki Bashaje Bashaka Guhirika Ubutegetsi bwa Tshisekedi

Uko ikibumbano cya Macron kibwe kikajyanwa imbere ya Ambasade y’u Burusiya

Perezida Paul Kagame yatangiye urundi ruzinduko mu kindi gihugu gikomeye ku Isi

Ibyo Perezida Donald Trump yasubije nyuma yo kubazwa niba azababarira P Diddy



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2025-05-07 16:29:34 CAT
Yasuwe: 112


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Ibanga-rikomeye-ryavugiwe-i-Paris-hagati-ya-Perezida-Kagame-na-Macron-ryatangiye-gusakara.php