English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Bayobowe na Vinicius Junior: Menya abakinnyi n’abatoza bahawe ibihembo bitangwa na FIFA.

Ni ibihembo byatanzwe mu ijoro ryacyeye tariki 17 ukuboza 2024, aho ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA, ryatanze ibihembo mu ngeri zitandukanye z’abahize abandi mu mwaka ushize w’imikino.

Ibi bihembo FIFA yatanze yahereye ku gihembo cy’umukinnyi watsinze igitego cyiza gihabwa umukinnyi wa Manchester United witwa Alejandro Garnacho.

FIFA ibi bihembo yatangiriye ku muzamu w’umwaka agirwa Emiliano Martinez ukinira ikipe ya Aston Villa ndetse n’ikipe y’igihugu ya Argentine.

Hahise hakurikiraho guhemba umutoza w’umwaka. Iki gihembo cyahawe umutoza wa Real Madrid Carlo Ancelotti wahesheje iyi kipe igikombe cya UEFA Champions League ndetse na Shampiyona ya Esipanye Laliga.

Benshi bari bategereje kureba umukinnyi ugiye kuba uw’umwaka nyuma yaho hari benshi bayoboye harimo Rodri watwaye Ballon D’Or ndetse na Vinicius Junior wahabwaga amahirwe utibagiwe icyamamare Lionel Messi.

Iki gihembo cyatahanwe na Vincius Junior. Benshi bahise bibaza ukuntu Vinicius atwaye iki gihembo kandi Rodri ari we uheruka gutwara Ballon D’or ariko ukuri ni uko iki gihembo cya FIFA kigirwamo uruhare runini n’abafana kandi benshi bemera Vinicius wakoze byinshi byiza kuva 2023.

Mu batoza, ba Kapiteni b’ikipe z’ibihugu batoye na Kapiteni w’u Rwanda Bizimana Djihad yari mubitabiriye amatora.

Kapiteni w’Amavubi Djihad yatoye abakinnyi barimo Vinicius, Rodri ndetse na Messi ariko amahirwe  ayahereza Rodri nubwo yaje gutaha amaramasa, gusa benshi ntawundi batekerezaga nka Rodri bijyanye na Ballon D’or yari amaze iminsi atwaye.



Izindi nkuru wasoma

APR FC imaze kurangizanya n’abakinnyi 3 bakomeye

Menya ibihugu 5 bya mbere muri Afurika mu kugira abakina imikino y'amahiwe benshi

Ni nde uzahabwa urufunguzo? APR FC mu biganiro bya nyuma n’abatoza 2 bakomeye muri Afurika

Rwanda Premier League: Byaba bigiye kuba amahirwe kuri bamwe mu bakinnyi bahawe ibihembo

Impinduka zikomeye muri Manchester United: Abakinnyi 8 b’ibikomerezwa bagiye gusezererwa



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-12-18 11:38:43 CAT
Yasuwe: 171


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Bayobowe-na-Vinicius-Junior-Menya-abakinnyi-nabatoza-bahawe-ibihembo-bitangwa-na-FIFA.php