Israel iri mu mazi abira ibihano yafatiwe ntibisanzwe
Abacamanza bo mu rukiko rukuru rw'Umuryango w'Abibumbye bategetse ko Israel igomba gutuma imfashanyo igera muri Gaza nta mbogamizi, mu rwego rwo gufasha Abanyapalestine bari hugura inzara.
Urukiko Mpuzamahanga rw'Ubutabera (ICJ) rwavuze ko Israel igomba kubikora nta gutinda kugira ngo habeho itangwa rya serivisi z'ibanze zicyenewe byihutirwa hamwe n'imfashanyo y'ubutabazi".
Israel yavuze ko ibirego byuko irimo kubuza imfashanyo kugera muri Gaza "byose uko byakabaye nta shingiro bifite".
Yanahakanye ibirego bya jenoside Afurika y'Epfo yatanze muri urwo rukiko, ndetse yegetse ku Muryango w'Abibumbye (ONU) ibibazo byo kunanirwa gutanga imfashanyo.
Iki cyemezo gishya cy'uru rukiko, rufite icyicaro i La Haye mu Buholandi, gifashwe nyuma yuko Afurika y'Epfo irusabye kongerera imbaraga itegeko rwahaye Israel muri Mutarama uyu mwaka ryo gufata ingamba zose zo kurinda ko habaho ibikorwa bya jenoside muri Gaza.
Nubwo amategeko atanzwe n'uru rukiko rwa ICJ aba agomba gukurikizwa, uru rukiko nta bubasha rufite bwo gutuma ashyirwa mu bikorwa.
Mu cyumweru gishize, raporo ya gahunda izwi nka 'Integrated Food Security Phase Classification Global Initiative', iyoborwa n'ishami rya ONU ryita ku biribwa (PAM) n'abandi, yaburiye ko ibihe by'amakuba birimo kwaduka muri Gaza.
Iyo raporo yavuze ko abantu bose miliyoni 2.2 bo muri Gaza bugarijwe n'ibura ry'ibiribwa rikaze ryo ku rwego rwo hejuru kandi ko inzara yitezwe kwaduka mu majyaruguru ya Gaza mbere y'impera ya Gicurasi uyu mwaka.
Mu cyemezo cyarwo, urukiko rwa ICJ rwavuze ko Gaza nticyugarijwe gusa n'ibyago by'inzara ahubwo inzara irimo kuhaduka, kandi ko, nkuko bivugwa n'abagenzuzi bo muri ONU, abantu 31, barimo abana 27, bamaze gupfa kubera imirire mibi no kubura amazi mu mubiri.
Uru rukiko rwagarutse ku magambo ya Volker Türk, komiseri mukuru wa ONU ushinzwe uburenganzira bwa muntu, mu cyumweru gishize wavuze ko "inzara, no kwicwa n'inzara biterwa nuko Isreal yanga ko imfashanyo y'ibiribwa yambuka ijya muri Gaza.
Icyo cyemezo cy'urukiko kinavuga ko Israel igomba gutuma igisirikare cyayo kidakora ibikorwa bigize ihonyorwa ry'uburenganzira na bumwe bw'Abanye-Palestine muri Gaza" bukubiye mu masezerano kuri jenoside.
Iyi ntambara yatangiye nyuma y'igitero cyo ku itariki ya 7 Ukwakira mu 2023, ubwo abagabo bitwaje imbunda bo muri Hamas biraraga hakurya y'umupaka muri Israel, bica abantu bagera ku 1,200 ndetse bashimuta abandi barenga 250.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show