English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Abibye amadorari hafi ibihumbi 10$ bakayataba munsi y'igiti beretswe itangazamukuru 

Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha RIB rwerekanye abavandimwe babiri bakekwaho kwiba umukoresha wabo amadorali agera ku bihumbi 10$.

Abatawe muri yombi ndetse banakekwaha ubwo bujura ni Mbonigaba Jean Bosco  ari nawe wayateruye  naho mukuru we Bihirabake JerA'me akaba yarabaye umufatanyacyaha.

Amakuru avugako Bosco ajya kwiba aya mafaranga yabanje gucunga umukoresha we ayaterura mu isakoshi ariruka ava mu kazi arayavunjisha abwira mukuru we ngo ayafate ayabike bahise bacukura munsi y'igiti cy'umuvumu barayataba maze Bosco asubira  Kigali.

Uyu Bihirabake amaze kubona umuvandimwe we agiye yahise ayimura  maze ayajyana iwe ayacukurira munzu hafi n'ubwiherero ari naho Ubugenzacyaha bwayakuye ariko yaramze kuvaho amadorari 1000.

RIB yerekanye abo bagabo ku wa Gatanu tariki ya 26 Mata 2024, ubwo RIB yaberekaga itangazamakuru Nyiri kwibwa aya mafaranga yavuzeko yagize uburangare akagendana amafaranga (Cash) aho kuyabika hakoreshejwe ubundi buryo cyangwa uburyo bw'ikoranabuhanga.

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira Thierry yavuzeko  uwibwe yagize amakenga meza akihutira kujya gutanga ikirego ndetse aboneraho gusaba n'abandi kujya batangira amakuru ku gihe. 



Izindi nkuru wasoma

Bizatwara amadolari y'Amerika atari munsi ya miliyoni 40 kugirango Gaza isanwe -Loni

Abibye amadorari hafi ibihumbi 10$ bakayataba munsi y'igiti beretswe itangazamukuru

Uburusiya:Ibitangazamukuru bitagira umupaka byafungiwe imbugankoranyambaga

Umusirikare wa FARDC yakatiwe urwo gupfa ndetse no gutanga amande y'ibihumbi 50$

Abatangaje inkuru mbi kuri Devido ku munsi mpuzamahanga wo kubeshya bari mu kaga



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-04-28 05:32:19 CAT
Yasuwe: 63


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Abibye-amadorari-hafi-ibihumbi-10-bakayataba-munsi-yigiti-beretswe-itangazamukuru-.php