English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umukinnyi wa filime wo muri Leta zunze ubumwe Amerika, Chris Hemsworth, agiye kuba ahagaritse gukina filime nyuma y’uko amenye ko afite ibyago byo gufatwa n’uburwayi bwo kwibagirwa, buzwi nka Alzheimer.

Chris Hemsworth wamenyekanye ku izina rya Thor, uri gukora filime mbarankuru ku byo wakora kugira ngo ubeho igihe kirerekire, yavuze ko nyuma y’agace ari gukora azaba ahagaritse gukina filime.

 

Uyu mugabo yatangaje ko mu isuzuma yakorewe n’abaganga, yasanze afite ibyago byinshi byo kurwara iyi ndwara ikunze kwibasira abageze mu zabukuru.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Vanity fair yagize ati "Nyuma y’agace tugiye gushyira hanze, nzahita mfata umwanya wo kuba ndetse gukina filime, mbone umwanya wo kwita ku bana banjye n’umugore wanjye."

Chris Hemsworth w’imyaka 39 uturuka muri Australia, yamenyekanye muri filime zakunzwe nka Thor, Avengers, Extraction n’izindi.

 

 

yanditswe na Bwiza Divine



Izindi nkuru wasoma

Yavuze ko agiye gutaha, mu gitondo basanga yapfuye: Byinshi ku rupfu rw’umubyeyi wa Chriss Eazy

Senegal yanyagiye ikipe y'igihugu y'Ubwongereza imbere y'abakunzi bayo

Angell Mutoni agiye kwitabira iserukiramuco rya Hip Hop Asili muri Tanzania

Muyiwa Awoniyi agiye guhangana n’abibasira Tems, Omah Lay na Lekan

Wizkid na Tyla bagiye guhurira mu ndirimbo y’amateka



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2022-11-20 11:15:06 CAT
Yasuwe: 402


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Chris-Hemsworth-agiye-gihagarika-gukina-filime.php