Abahoze ari ibikomerezwa ku butegetsi bwa Joseph Kabila bakomeje gufungwa umwe ku wundi
Ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi bwatangiye igikorwa gishya kimeze nk’“isuku ya politiki”, aho bukomeje gufunga bamwe mu bayobozi bakomeye bakoranye bya hafi na Joseph Kabila, wahoze ayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ndetse ubwe ashobora kuvanwaho ubudahangarwa ngo akurikiranwe.
Mu cyumweru kimwe gusa, abantu babiri bakomeye bakoranye na Kabila batawe muri yombi. Gen Pierre Banywesize, wahoze ayoboye ingabo zihariye z’Umukuru w’Igihugu ku butegetsi bwa Kabila, yafashwe ku wa Kane tariki 22 Gicurasi 2025 n’inzego z’iperereza nyuma yo guhamagazwa. Nta bisobanuro birambuye byatanzwe ku byaha aregwa.
Ibi byakurikiwe n’itabwa muri yombi rya Martin Kabwelulu, wahoze ari Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro, wafashwe n’umugore we ku wa Gatatu nijoro, tariki 21 Gicurasi 2025. Amakuru yatangajwe n’ihuriro FCC (Front Commun pour le Congo) rigizwe n’abashyigikiye Kabila, avuga ko batawe muri yombi mu buryo bw’igitugu, bajyanwa ahantu hatazwi kandi telefone zabo zikaba zitakiri ku murongo.
FCC yitabaje itangazo risaba ko Kabwelulu n’umugore we bahita barekurwa, ivuga ko uburyo bafashwemo bushobora kugira ingaruka ku buzima bwabo.
Mu rundi ruhande, Sena ya RDC yemeje ko Joseph Kabila, wahoze ari Perezida w’Igihugu kandi akaba afite icyubahiro cya Senateri ubuzima bwe bwose, ashobora kwamburwa ubwo budahangarwa kugira ngo atangire gukurikiranwa n’ubutabera. Bivugwa ko ashobora kuregwa ibyaha bifitanye isano n’inkunga y’imitwe irimo M23/AFC, irimo kurwana mu burasirazuba bwa Congo.
Iki gikorwa kiragenda gifata isura ya politiki yo “guca intege” abayobozi bo hambere, bamwe bakabyita umugambi wo kwikiza abahanganye na Tshisekedi mu matora ataha, abandi bakemeza ko ari ubutabera burimo guhana abakoze ibyaha bakiyitirira politiki.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show