English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rulindo:Mudugudu yakubiswe n'insoresore zimukura iryinyo ziranamwambura

Umuyobozi w'umudugudu wa Rubaya mu Murenge wa Masoro mu karere ka Rulindo yakubiswe n'insorersore  zimukura iryinyo zimwambura na Telefone ya 'Smart fone' nikwerto yari yambaye ndetsew zinakomretera ushinzwe umuwakano .

Rugamba Focus akaba ari nawe muyobozi w'umudugudu wa Rubaya yari hamwe n'umunyerondo witwa Habyarimana Felix akaba anashinzwe umutekano mu Mudugudu ndetse na SEDO w'Akagali ka Kabuga  ubwo bari mu nzira bajya gukemura ikibazo cy'umuturage wari umaze gutabaza ubuyobozi ko yakubiswe nibwo bahuye n'izo nsoresore maze zirabakubita ariko kugeza ubu babiri muri izo nsoresore bamaze gufatwa.

Izo nsoresore zabakubise zikeka ko abo bayobozi bari kubashakisha kubera ibikorwa basanzwe bazwiho bitemewe n'amategeko birimo no kwishora mu bikorwa by'ubucukuzi butemewe bw'amabuye y'agaciro.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y'Amajyaruguru SP Mwiseneza Jean Bosco yahamije aya makuru yemezako ibyo  byabaye.

Ati"abakoze urwo rugomo baracyashakishwa ariko abafashwe bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Murambi bakaba bari gukorwaho iperereza.

SP Mwiseneza Jean Bosco  yaboneyeho kuburira abishora muri ibyo bikorwa  by'urugomo ko bakwiye kubireka kuko bitazabahira na gato

Ati" nababwira ko polisi yahagurukiye bene nkabo kandi ntizigera ibaha ahahenge na gato ko kugira aho babikorera.

Bamwe mu baturage bo muri ako gace basanga icyo kibazo cyimaze gufata indi ntera kuko uretse kuba barezengereje abaturage bamaze kugera ku rwego rwo guhangara abayobozi bakabakubita bakabakomeretsa,basanga bigomba guhagurukirwa.

Umwe muri abo yavuze ati" ziratuzengereje zirirwa mu birombe icukura amabuey yagaciro mu buryo butemewe amafaranga zibuvanamo zikayanywea inzoga ninbindi biyobyabwemge zigata umutwe maze uwo zihuye nawe wese zigkubita"

Uko izo nsoresore zari eshanu babiri bahise batabwa muri yombi mu gihe abakomerekeye muri urwo rugomo bahise bajya kuvurirwa ku kigo nderabuzima cya Murambi ariko bakaba bamaze gusezererwa.

 



Izindi nkuru wasoma

Rulindo:Mudugudu yakubiswe n'insoresore zimukura iryinyo ziranamwambura

Ndahiro Valens Papy yakubiswe na DASSO ari gutara inkuru

Gasabo:Umugabo yakubiswe n'indaya ebyiri abantu barahurura

Umugabo muri Canada yakubiswe n’abakobwa 8 bimuviramo gurupfu

I Burayi: Manchester United yakubiswe, Arsenal iguma mu bicu.



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-04-16 11:33:01 CAT
Yasuwe: 41


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RulindoMudugudu-yakubiswe-ninsoresore-zimukura-iryinyo-ziranamwambura.php