English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente Edouard  yakiriye Ambasaderi w'UBudage mu Rwanda

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 17 Mata 2024 Minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr Edouard Ngirente yakiriye Madamu Heike Uta Dettmann Ambasaderi w'UBudage mu Rwanda bagirana ibiganiro byibanze ahanini ku buryo bwo gukomeza guteza imbere imikoranire myiza ibihugu byombi bifitanye.

U Rwanda n'UBudage ni ibihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza binyuze mu mikoranire ibihugu byombi bifitanye ikorwa binyuze mu Buhinzi,ubucuruzi,Ubuzima ndetse binyuze no mu muryango wa GIZ.

Mu 2023 ibihugu byombi byashizeho ikigega cya miriyoni 16 z'amayero cyigamije gufasha mu kuzamura imibereho y'abaturage bakennye bari mu turure 16 two mu gihigu mu Ntara zitanduanye.

Icyi kigega cyiswe 'Pro Poor Basket Funds', amafaranga yagishizwemo yashowe mu bikorwa by'ubukungu bizamura imibereho myiza y'abatuge aho ayo mafaranga yagiye ashyirwa mu bikorwa bituma umubare munini w'abaturege bakennye babona akazi ariko cyane cyane higanjemo abagore.

Mu 2020 UBudage bwemereye u Rwanda inkunga ya miriyono 98 z'amayero ni asaga miriyari 100 z'amafaranga y'u Rwanda ni mu masezerano azamara imyaka 2 azarangira mu 2024.

Ayo mafaranga yatangiye kwifashishwa mu kuzamura urwego rw'uburezi,Ubuvuzi,kurengera ibidukikije,gukora imiti n'inkingo n'ibindi bitandukanye.



Izindi nkuru wasoma

Raporo nshya ishyira u Rwanda ku mwanya wa nyuma mu karere mu guha ubwisanzure itangazamakuru

Havutse ikirego gishya ku mushinga wo kohereza abimukira mu Rwanda

Umunyarwanda w'impunzi muri Zambia yatawe muri yombi

Umuhoza Victoire yagejeje u Rwanda mu rukiko rwa EAC

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw'ingabo z'u Rwanda (RDF)



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-04-17 16:48:47 CAT
Yasuwe: 37


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Minisitiri-wIntebe-Dr-Ngirente-Edouard--yakiriye-Ambasaderi-wUBudage-mu-Rwanda.php