English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Dore ibyiza bitangaje byo kurya no gukoresha Karoti

Abantu benshi bakoresha iki gihingwa mu rwego rwo kigirango baryoherwe gusa ariko mu byukuri batazi akamaro kayo, tugiye kurengera hawe ibyiza byo gukoresha karoti mu buzima bwacu bwa buri munsi.

Iyo ukoresha karoti cyane kandi keshi ushobora kubona ibyiza bikurikira;

Karoti n’imuti mwiza ukingira indwara zitandukanye, bivuzeko umuntu ukunda kurya karoti adakunda kurwaragurika kuko iba yakingiye indwara.

Karoti yongera ubushobozi imyanya inoza ibyo kurya,ku bantu barya bakamara amasaha menshi batumbye inda karoti ifite ubushobozi bwo gukemura icyo kibazo.

Ikindi gitangaje  ni uko yongera amaraso mu mubiri w’umuntu uyikoresha cyane kandi kenshi kandi ikongera igikuriro ku bantu bato n’abakuze.

Karoti afasha abantu bakunze kurwara impiswi ndetse n’abarwara impatwe bityo ikaba ishobora gutuma wituma neza.

Abahanga bavuga ko umuntu muzima aba agomba kwituma gatatu ku munsi, mu gihe uri munsi yaho hari ikiba kitagenda neza noneho igihe umaze umunsi wose kiba ari ikibazo gikomeye.

Karoti ituma amara atabora, amara ashobora kubora bikaba ngombwako bayakata kubera uburwayi iyo ukunda gukoresha karoti bigabanya kuba wahura n’icyo kibazo.

Ikindi gitangaje nuko karori ishobora gukiza ibisebe byo mu gifu mu mara no kuruhu kandi ikaba ifasha cyane umwijima n’igifu,itera itoto kandi ikarinda iminkanyari.

Bitewe nuko amaraso azerera cyane mu mubiri bigatuma agomba kuyungururwa kenshi, karoti ifasha umwijima mu kuyungurura ayo maraso.

Abantu Babura uburyohe igike bari kurya iyo bakoresha karoti ibyo byose birashira, Karoti irinda imyuka myinshi mu gifu no mu mara bigatuma umuntu ikira indwara nyinshi zo mumara mu gihe akoresha neza karoti.

Karori ishobora kuvura izi ndwara zikurikira

.Umunaniro mu  mubiri no mu ntekerezo

.Ifasha abana babuze igikuriro

.Irinda indwara y’amenyo, abafiye iyi ndwara baba bagomba kuyihekenya ari mbisi

.Ivura abantu baribwa mu mara

.Ifasha abantu bafite ikibazo cyo kugira amaraso make

.Ivura ibisebe byo mu gifu

.Ivura indwara zo mu buhumekero zirmo igituntu, inkorora idakira n’ubuhwima

.Ivura abantu bakunda gufurutwa,bakabyimbagira igihe hagize icyibakomeretsa

.Ivura rubagimpande

.Ihembura umwijima n’agasabo k’indurwe

.Karoti yongera amashereka ku bagore bonsa

.Ivura indwara nyinshi z’uruhu, uyikoresha uyirya cyangwa uyisiga

.Ivura indwara z’ibyuririzi n’izimunga ingingo.

Reka dukomeze twite ku magara yacu kuko bavukango ‘Amagara araseseka ntayorwa’.



Izindi nkuru wasoma

Dore impamvu ari gutuma internet igenda nabi cyane muri Afurika y'Iburasirazuba?

Dore umusaruro wavuye mu biganiro byahuje Perezida Kagame na Bassirou wa Senegal

Rutsiro:Abaturiye n'abakorera muri Pariki ya Gishwati-Mukura barishimira ibyiza imaze kubagezaho

Yahamijwe icyaha cyo kuryamana n'umugore wa mugenzi we ahita yirukanwa burundu mu gisirikare

Umwarimu ukekwaho kurya ibiraha by'abana akanabasambanya yatangiye kuburanishwa



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-03-11 10:02:08 CAT
Yasuwe: 124


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Dore-ibyiza-bitangaje-byo-kurya-no-gukoresha-Karoti.php