English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Afurika y’Epfo yasezereye Marocco mu buryo butunguranye

Ikipe y’igihugu ya Afurika y’Epfo Bafana Bafana yasezereye Marocco iyitsinze ibitego 2-0 ihita igera muri ¼ cy’irangiza  mu gihe abantu benshi bahaga amahirwe Marocco dore ko yitwaye neza mu gikombe cy’isi cya 2022 igera muri ½.

Igitego cya mbere cya Afurika y’Epfo cyatsinzwe n’umusore witwa Evidence Makgopa ku munota wa 57 ubu nibwo habonetse gusatira cyane ku ruhande rwa Marocco igerageza gushaka kwishyura igitego maze ku munota wa 84 Marocco ibona Penaliti maze umukunnyi witwa Sofyan Hakimi iyitera nabi ijya hanze y’izamu.

Iminota 90 y’umukino yarangiye ikipe ya Afurika y’Epfo ifite igitego 1-0 ariko umusifuzi yongeraho indi minota 10 ariko iyi minota yabaye ibyago kuri Marocco kuko Sofyan Amrabat yahawe ikarita itukura ubwo yakoreraga ikosa Mokoena bageze hafi y’urubuga rw’amahina.

Umusifuzi yihise atanga Coup Franc maze umusore witwa Mokoena ayitera neza ihita ijya mu izama cyiba igitego cya kabiri cya Afurika y’Epfo.

Iyi n’inshuro ya 7 Afurika y’Epfo igeze muri ¼ cy’igikombe cya Afurika cy’ibihugu.

Marocco yahise isezererwa muri iri rushanwa ikurikira ibindi bihugu byamaze gusezererwa birimo Algeria,Cameroon,Senegal na Ghana.



Izindi nkuru wasoma

NESA yashize hanze ingengabihe y'uburyo abanyeshuri biga bacumbikrwa bazasubira ku mashuri

Ambasaderi w'u Rwanda muri Afurika y'Epfo yashikirije Cyril Ramaphosa ubutumwa bwa HE Paul Kagame

Birashoboka ko umubano w'u Rwanda na Afurika y'Epfo wakongera kuba mwiza

Koffi Olomide ari guhatanira kuba Senateri kuburyo yakwemera no gukorera ubusa

Afurika y'Epfo yanyomoje abavuzeko abasirikare bayo bafashwe mpiri na M23



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-01-31 07:25:33 CAT
Yasuwe: 48


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Afurika-yEpfo-yasezereye-Marocco-mu-buryo-butunguranye.php