Raporo nshya ishyira u Rwanda ku mwanya wa nyuma mu karere mu guha ubwisanzure itangazamakuru
Raporo y'umuryango uharanira ubwisanzure bw'itangazamakuru, Reporters Sans Frontières (RSF), yashyize u Rwanda ku mwanya wa nyuma mu karere k'ibiyaga bigari.
Iyi raporo y'uyu muryango wo mu Bufaransa, yasohotse kuri iyi tariki ya gatatu Gicurasi, umunsi ngarukamwaka w'ubwisanzure bw'itangazamakuru washyizweho n'Umuryango w'Abibumbye, ishyira u Rwanda ku mwanya wa 144 n'amanota 40/100 mu bihugu 180 byakoreweho ubushakashatsi.
Rwasubiye inyuma ho imyanya 13 ugereranyije na raporo nk'iyi yo mu 2023, aho rwari ku mwanya wa 131.
Nubwo u Burundi buri ku mwanya wa 108 n'amanota 51/100, buvuye ku mwanya wa 114 bwariho mu mwaka ushize, RSF ivuga ko ku butegetsi bwa Perezida Évariste Ndayishimiye u Burundi bukomeje kurangwamo umwuka wo "kwisabira cyane" abanyamakuru.
Itanga urugero rwo mu 2023 ubwo umunyamakuru yakatirwaga gufungwa imyaka 10 ku birego ivuga ko bidahuye mu by'ukuri n'ibyo yazizwaga, agashinjwa "kwibasira umutekano w'imbere w'igihugu".
Imyanya y'ibihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo:
Tanzania - 97
Kenya - 102
Burundi - 108
Repubulika ya Demokarasi ya Congo - 123
Uganda - 128
Sudani y'Epfo - 136
Rwanda - 144
Ku rwego rw'isi, RSF ivuga ko ubwisanzure bw'itangazamakuru burimo kubangamirwa n'abantu ubundi bagakwiye kuburengera abanyapolitiki".
RSF ivuga ko ibyo bigaragarira ku kuntu mu nkingi eshanu politiki, ubukungu, amategeko, imibereho n'umutekano ishingiraho muri raporo yayo, muri uyu mwaka inkingi ya politiki ari yo yasubiye inyuma cyane kurusha izindi.
Ku isi, ibihugu bitanu bya mbere mu kubahizira ubwisanzure bw'itangazamakuru ni Norvège, iza ku mwanya wa mbere, ikurikiwe na Denmark, Suède, Ubuholandi na Finland.
Ku Rwanda, raporo ya RSF y'uyu mwaka ivuga ko mu RWanda hagenzurwa itangazamakuru, hitwaje kwibuka jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994, ubwo itangazamakuru ryenyegezaga urwango rushingiye ku bwoko.
Mu gihe cyashize, abategetsi mu Rwanda bakunze kunenga uburyo RSF ikoramo raporo zayo, bavuga ko igarura amakuru ashaje atajyanye n'igihe.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show