English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Umwana wa Minisitiri w’ingabo Yatorotse gereza ahita aburirwa irengero.

 .

 Umuhungu usanzwe ari umuhanga mu ikorana buhanga akaba umuhungu wa minisitiri w’ingabo z’u Rwanda Marizamunda Juvenal,wari ufungiwe mu igororero rya Nyarugenge yaburiwe irangero.

Marizamunda Juvenal  yagizwe minisitiri w’ingabo z’u Rwanda  tariki ya 5 Kamena 2023.

 

Nkuko byatangajwe n’umunyamakuru  Manirakiza Theogene uherutse gufungurwa byagateganyo yavuze ko hashize igihe gito Tuyizere Amani Olivier atorotse,  yatorotse mu gihe yari yajyanywe mu bitaro bya Nyarugenge.

Amani yari afungiwe ibyaha by’ubujura bukoresha ikorana buhanga ,akaba yari aherutse gutanga ubuhamya bwuko yafashije CSP Kayumba Innocent wayoboraga Igororero rya Nyarugenge Kwiba umugororwa w’umunyamahanga amafaranga y’u Rwanda miriyoni 9.1.

Ntabwo hazwi neza aho Amani yaba aherereye gusa iperereza riracyakomeje ,mu gihe abacunga gereza bagikurikiranywa ho uburangare bwatumye abacika.



Izindi nkuru wasoma

Indoneziya:Abantu 43 nibo bamaze kumenyekana ko bahitanwe n'imyuzure

Minova:Igisasu bivugwa ko cyatewe na M23 cyahitanye abantu babiri

Ubwongereza busanga buhagaritse guha intwaro Israel umutwe wa Hamas waba ubonye urwaho

Kayonza:Mu gihe utwite,ubyara cyangwa wonsa ushobora kwanduza umwana HIV/SIDA

Me Gatera Gashabana wunganiraga Karasira nawe yivanye mu rubanza ahita anasohoka mu rukiko



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-11-21 12:30:04 CAT
Yasuwe: 302


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Umwana-wa-Minisitiri-wingabo-Yatorotse-gereza-ahita-aburirwa-irengero.php