English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Rutsiro:Umugore uyobora uruyuki mu muzinga yayobora neza urugo.

Ubuyobozi bw'akarere bw'akarere ka Rutsiro bwemeza ko umugore uyobora uruyuki mu muzinga rugatanga umusaruro w'ubuki n'urugo yaruyobora neza.

Ibya byatangajwe mu mahugurwa agenewe abagore bakora umwuga w'Ubuvumvu muri Rutsiro by'umwihariko ku ruhande rwa Parike ya Gishwati na Mukura  yateguwe n'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye UNESCO komisiyo y' Urwanda, aho bashimye ukwitinyuka kw'abagore bemeza ko bashoboye.

Bavuze ko kuba abagore batinyuka umwuga w'Ubuvumvu ubusanzwe abantu benshi bakekaga ko ukorwa n'abagabo gusa bakaba bagera ku itarambere rirambye byerekana ko n'uruhare rwabo mu kwita ku Rugo rugatera imbere ari nta makemwa kuko ubusanzwe inzuki abantu bazitinta bitewe n’uko zidwingana.

Mukasine Emilianne ni umwe mu bakora umwuga w'Ububumvu mu Karere ka Rutsiro,ayobora koperative Kovede ihuza aborozi bakorera mu murenge wa Mushonyi.

Yemeza ko yatangiye Ubuvumvu mu mwaka wa  2008 kugeza ubu byamugejeje ku iterambere mu Rugo rwe.

Yatangije imizinga 5 kuri ubu afite igera kuri 17 imuha umusaruro irenga Toni buri sarura.

 Ati:"kuva batangira umwuga byamfashuje kubaka inzu mfatanyije  n'umugabo wanjye ifite agaciro karenga miliyoni 5,byamfashije kurihira abana amashuri bariga Kandi biga neza Kandi byahinduye Imibereho mu muryango wanjye."

Akomeza avuga ko kuba begereye Parike ya  Gishwati na Mukura ari amahirwe kuko bibafasha kubona umusaruro w'ubuki ushimishije.

Ku bijyanye n'Ubuyobozi bw'umugore watinyutse agakora umwuga w'Ubuvumvu yagize ati:"Umugore wayoboye uruyuki washoboye kujya ku muzinga n'urugo imbogamizi zose yahura nazo yashobora kuzikuramo."

Nyirahabyarimana Felecitation perezida wa Koperative Codesi ikorera Ubuvumvu mu murenge wa  Kigeyo aho bahagika ku nkengero z'Ishyamba kuri Parike nawe yatangiye Ubuvumvu afite imizinga 8.

Ashima  abagabo basanze mu mwuga kuko ngo babigishije bigera ho bagera ku rwego rwo gukurikirana inzuki kugeza basaruye.

Ati:"umwuga twagannye ukomeje kudufasha kwiteza imbere mu buryo bwose kuko byadufashije kubaka iwacu,tugura imirima,abana biga neza nta kibazo cy'imibereho tukigira nka mbere kuko ufite umugabo aramwumganira mu mibereho naho utamugira akora inshingano z'umugore ndetse n'iz'umugabo byose bikagenda neza,urebye ntabwo uruyuki warushobora ngo urugo rukunanire,tunashimira ubuyobozi bw'igihugu kuko butuba hafi,banatwegereje uruganda kuburyo umusaruro tubona Aho tuwujyana bitatugoye.''

Mvunabandi Dominique umuyobozi w'Ishami ry'Ubushakashatsi muri UNESCO Komisiyo y' U Rwanda  yemeza ko aya mahugurwa agamije guha ubumenyi n'ubushobizi abagore bakora ubuvumvu aho bazanahabwa ibikoresho.

Avuga ko bateguye amahugurwa azambara iminsi 10 aho bari guhugurwa ku buryo bunoze bakoramo ubuvumvu butangiza ibidukikije.

 Ari:"aba bagore turabashimira kuba barahagurutse bagakora, umwuga w'Ubuvumvu urubashwe aba bagore ni urugero rwiza niyo mpamvu twahisemo kubongerera ubumenyi Kandi tuzanabongerera ubushobozi bituma barushaho gutera imbere,tuzabaha ibikoresho tububakire Aho bakorera bahuriza hamwe umusaruro."

Umuyobozi yemeza ko bazakurikirana aba bagore nyuma y'amagugurwa mu gihe kigera ku mezi 8 Aho bazabasiga bageze ku rwego rubateza imbere kirishaho.

Kwizera Jean De Dieu umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y'Ubuvumvu yitwa BeeGulf akaba n'umwe mu bahugura aba bagore bo Muri Rutsiro avuga ko amahugurwa agera ku makoperative atatu Aho buri imwe yihereje abayihagarariye 10.

Ndetse ngo mu kubongerera ubushobozi buri koperative izahabwa ibikoresho bya miliyoni zirenga cumi n'ebyiri y'u Rwanda.

Nyirakamineza Marie Chantal umuyobozi wa Njyanama y'akarere ka Rutsiro akaba na Perezidante w'uruganda rw'Ubuki rwa GISHWATI ashima uburyo abagore batinyutse Aho akurikije ibyo bakora ngo abona ko bashoboye.

Ati:"Umugore ukora ubuvumvu aba ashoboye ,ibikorwa by'abagore mu mwuga wacu birigaragaza turashima kuba narimo kongererwa ubushobozi kuko bizatuma barushaho gutera imbere no guteza imbere imiryango yabo,abenshi banayoboye ingo."

Uyu muyobozi ku bijyanye n'imbogamizi zagiye zigaragagazwa zirimo kugabanuka k'umusaruro Hari icyo asaba.

Asaba ko hashirwa imbaraga mu gutera ibiti bitanga indabyo nk'ibiryo by'inzuki.

Ku bijyanye no gutera imiti yasabye ko yajya iterwa nimugoroba kugira inzuki zitabangamirwa.

Akomeza avuga ko umusaruro kuri koperative basaruraga nka Toni 10 cg umunani zigenda zigabanuka .

 

Kuri ubu mu karere ka Rutsiro Gusa uruganda rwakira mu Mwaka umusaruro w'ubuki ungana na Toni 25-30 Gusa ngo mbere habonekaga izirenga 40.

Umugore uyobora uruyuki urugo nti rwamunanira

 

Yanditswe : Murwanashyaka Sam

 

 

 



Izindi nkuru wasoma

Uyobora ingabo za Brigade ya 202 zo mu gihugu cya Tanzania yakiriwe mu Rwanda

Hifashishijwe urugero rwo muri Bibiliya mu gutuma Lungu atazongera kwiyamariza kuyobora Zambia

Umugore wacibwaga intege agiye kuyobora igisirikare cya Kenya cyirwanira mu Kirere

Rutsiro:Umugore w'imyaka 32 yapfiriye mu rugo ari kubyara

Imiryango y'abagiraneza igiye gutanga ibirego kugirango abimukira batazanwa mu Rwanda



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2023-02-22 18:34:35 CAT
Yasuwe: 366


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/RutsiroUmugore-uyobora-uruyuki-mu-muzinga-yayobora-neza-urugo.php