English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Nigeria:Umugore yashashwe n’ibise bitunguranye ahita abyarira muri gare

Umugore utavuzwe izina wo muri Nigeria yabyariye muri gare yo mu gace ka Lagos ubwo yafatwaga n’ibise mu buryo butunguranye ndetse ahita abyara.

Akimara gufatwa n’ibise abagore bakorera ubucuruzi aho hantu bahise bamufasha abyara neza kandi bikaba byashimishije benshi kuba yabashije kubyara neza.

Abashinzwe ubutabazi batangaje ko uwo mugore yabyaye umwana w’umuhungu ufite ubuzima bwiza.

Uyu mugore n’umwana we bahise bajyanwa mu bitaro bya Lagos State Emergency Management Agency (LAMESA) kugirango bakurikiranwe n’abaganga.

Umwe mu bakoresha urubuga rwa Facebook witwa Sunday Ogunsola yavuze ko uwo mwana agomba kwitwa ‘Abiona’ izina ry’ururimi rw’ikiyoroba risobanura uwavukiye ku rugendo.



Izindi nkuru wasoma

APR BBC yatsindiwe muri Senegal imbere ya Perezida Kagame ,bamwe babibonye nk'igisebo

Inyubako nshya y'ibiro by'Akarere ka Burera yuzuye itwaye amafaranga abarirwa muri za Miliyari

Ese koko u Rwanda rwaba rifite uruhare muri grenades zatewe i Bujumbura?

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko muri Senegal

Intwaro Amerika Itanga nizo zifashwishwa mu gukora amabara muri Gaza



Author: Elysee Niyonsenga Published: 2024-02-21 08:11:46 CAT
Yasuwe: 143


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/NigeriaUmugore-yashashwe-nibise-bitunguranye-ahita-abyarira-muri-gare.php