English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Icyibazo cy'izamuka ry'igiciro cy'umuceri uva muri Tanzania cyabonewe umuti

Minisitiri w'ubucuruzi n'inganda Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome yatangaje ko Leta y'u Rwanda yamenye izamuka ry'igiciro cy'umuceri  wa Tanzania ikaba yarahise itangira gushaka igisubuzo.

Ibi ibyatangajwe na Minisitiri Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome ubwo yari mu kiganiro kuri Radio&TV10 aho yagarutse ku cyibazo cy'umuceri uturuka muri Tanzania wageze mu Rwanda ugakorerwa isuzuma bagasanga utujuje ubuziranenge bigasa naho uba uhagaritswe ku isoko ry'u Rwanda bityo abawufite bakazamura ibiciro.

Prof Ngabitsinze yemeye ko ku masoko atandukanye yo mu Rwanda uwo muceri wazamutse ngo kuko kugeza ubu umufuka w'ibiro 25  wazamutse ukagera ku bihumbi 55Frw mu gihe ubusanzwe waguraga 48,000Frw

Yijeje abagura uwo muceri ko nyuma yuko uwo muceri wari umaze iminsi utemerewe kwinjira mu Rwanda hagarutse uburyo bwo kwakira uyu muceri w'Umu-Tanzania ku buryo muri iki cyumweru hinjiye ugera muri toni 490 kandi zose byagaragaye ko zujuje ubuziranenge.

Ati"ndabizezako icyo kibazo kigiye gukemuka kuko guhera mu cyumweru gishize hari imiceri iva muri Tanzania yagiye yinjira ndetse hari  ibyo twari twumvikanye na Rwanda FDA kubapimira vuba kuko hari igihe bitwara iminsi ine itanu cyangwa itandatu.

Yakomeje avugako ubu ibikorwa byo kwinjiza umuceri byavuguruwe kuko bitagomba gufata iminsi myinshi kugirango umuceri winjizwe mu gihugu aho wamaraga iminsi myinshi kuri gasutamo ndetse bigatuma banyirayo batanga amafaranga menshi.

Yunzemo ko abacuruzi bavana uyu muceri muri Tanzania batakambye kubera amande bari babaciye yo kuba binjiza ibintu bitujuje ubuziranenge avugako uwakoze amakosa aba agomba kubihanirwa

Yakomeje avugako abazana umuceri mu Rwanda bahawe gasopo ku buryo umuntu uzongera gufatwa yinjiza umuceri utujuje ubuziranenge azahanwa bikomeye ndetse akaba ashobora kwamburwa icyangombwa cyo kongera kwinjiza umuceri mu Rwanda.

Ikibazo cyizamuka ry'umuceri ngo cyakemuwe nyuma y'ubufatanye n'ikigo cy'igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw'imiti n'ibiribwa Rwanda FDA ndetse n'ikigo cy'igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw'ubuziranenge ihiganwa mu bucuruzi no kugenzura umuguzi (RICA).

Minisitiri Prof Ngabitsinze  yakomeje avugako kuri uwo muceri wafashwe hakomeje kubaho ibiganiro ndetse n'amakamyo yari apakiye uwo muceri akaba yararekuwe mu gihe ibyo bicuruzwa byashizwe ahantu hizewe.

 



Izindi nkuru wasoma

Ingabo z'u Burusiya zinjiye mu birindiro by'ingabo za Amerika ziri muri Niger

Umunyarwanda w'impunzi muri Zambia yatawe muri yombi

Ibikorwa bya MONUSCO muri Kivu y'Amajyepfo byose byahagaze

Emmanuel Macron asanga kwirukana M23 muri RDC atariyo nambwe ya mbere

Abimuwe muri Bannyahe imyaka 7 ishize bababajwe n'indishyi bagiye guhabwa



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-04-19 13:34:14 CAT
Yasuwe: 24


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Icyibazo-cyizamuka-ryigiciro-cyumuceri-uva-muri-Tanzania-cyabonewe-umuti.php