English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

DRC:Abapolisi n'Abasirikare benshi bisanze muri gereza nyuma y'amagambo ya Gen Christian Tshiwewe 

Ibinyamakuru byinshi byo muri Repubulika Iharanira Demukarasi  ya Congo kuri uyu wa kabiri, tariki ya 16 Mata  byabyutse bitangazako i Kinshasa hafashwe abapolisi benshi n'Abasirikare bakekwaho kugambanira igihugu.

Ikinyamakuru Actualité.cd gifite umutwe ugira uti: "Ifatwa ry'uruhererekane kubera ubuhemu: ingabo za Congo n'abapolisi bafungiye i Kinshasa." 

Jenerali Christian Tshiwewe Songesha, umuyobozi mukuru w’ingabo z’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ku wa mbere ubwo habaga akarasisi gahuriyemo Abasirikare n'Abapolisi kabereye i Camp Kokolo yavuzeko umuntu wese uzagambanira igihugu azabyishura mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Imbere y’ingabo n’abapolisi, umuyobozi mukuru yatangaje ati: “Turi mu ntambara. Hariho abari muri  twe bashishikarizwa kugambanira igihugu, rimwe na rimwe n'abanyapolitiki bacu."

Ifatwa ryabo ba Polisi ryakorewe i Lubumbashi na Kinshasa. Birakomeye gusa Nta mibare yamenyeshejwe itangazamakuru  y'abasirikare n'abapolisi bahise bafatwa muri uwo mwanya.

Umuyobozi mukuru kandi yohereje ubutumwa bukomeye ku bapolisi bari bahari, akomeza abasaba kugira ubudahemuka mu gihe anenga abanyapolitiki bagira uruhare mu bikorwa by’ubuhemu, mu gihe igihugu gihanganye n’umutwe w’inyeshyamba M23 bivugwako ushigikiwe n'u Rwanda

Ikindi kinyamakuru cyanditse inkuru ifite umutwe ugira uti "I Lubumbashi, ingabo n'abapolisi batawe muri yombi bazira ubuhemu”, nacyo kivuga ku kigo cy'itangazamakuru cya Kongo, gisubiramo amagambo y'umuyobozi mukuru w'ingabo  za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Ati: "Nta burenganzira ufite bwo guhemukira igihugu cyawe. Uzabikora wese azabyishyura mu buryo bumwe cyangwa ubundi. "

Mu rwego rwo guhana bihanukiriye abazajya bahamwa n'icyaha cyo kugambanira igihugu hasubukuwe igihano cy'urupfu cyari cyimaze imyaka irenga 20 cyarasubitswe gusa abaturage ,abanyapolitike n'imiryango itandukanye bagaragajeko iki gihano gishobora gutuma hagira inzirakarengane zicwa nyamara zizira ubusa mu gihe zaba zigeretsweho icyo cyaha.

 

 



Izindi nkuru wasoma

Ingabo z'u Burusiya zinjiye mu birindiro by'ingabo za Amerika ziri muri Niger

Raporo nshya ishyira u Rwanda ku mwanya wa nyuma mu karere mu guha ubwisanzure itangazamakuru

Umunyarwanda w'impunzi muri Zambia yatawe muri yombi

Gakenke:Abarenga 40 bajyanwe mu bitaro nyuma yo kunywa umusururu mu birori

Ibikorwa bya MONUSCO muri Kivu y'Amajyepfo byose byahagaze



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-04-16 12:13:24 CAT
Yasuwe: 66


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/DRCAbapolisi-nAbasirikare-benshi-bisanze-muri-gereza-nyuma-yamagambo-ya-Gen-Christian-Tshiwewe-.php